Iyi ndirimbo ‘Sindohoka’ yaririmbwe n'abahanzi 12 b’indirimbo zihimbaza Imana ari bo: Annet Murava, Patient Bizimana, Uwitonze Clementine [Tonzi], itsinda rya James&Daniella, Aime Uwimana, Gaby Kamanzi, Prosper Nkomezi, Rene Patrick, Serge Iyamuremye, Papi Claver, Dianna Kamugisha ndetse na Fabrice Nzeyimana. Yamuritswe ku mugaragaro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu kuri Televiziyo Rwanda mu kiganiro 'Waramutse Rwanda', AGT ikaba yari ihagarariwe na Diana Kamugisha ndetse na Rev. Baho Isaie umuhanzi akaba n'umupasiteri.
AGT ivuga ko iyi ndirimbo 'Sindohoka' yahuriwemo n'abahanzi bacye mu kwirinda Covid-19, gusa nyuma yayo bateganya kuzakora n'izindi nyinshi z'ivugabutumwa. Amajwi yayo yatunganyijwe na Fabrice afatanyije na Khrisau muri Wavelab Studios naho Aron Nitunga akora 'Music Arrangements'. Uwacuranze ingoma ni Shalom Shikama, gitari zicurangwa na Aron ndetse na Arsene. Yagiye hanze ku mugoroba w'uyu wa Gatanu inyuzwa kuri shene ya All Gospel Today ndetse n'iya HM Africa.
Amashusho yayo yafashwe ndetse atunganywa na Producer Fleury Legend ukorera muri Bah Africa Entertainment, uyu mugabo akaba afatwa nka nimero ya mbere mu gutunganya neza amashusho y'indirimbo ziramya zikanahimbaza Imana. Yaba mu majwi ndetse no mu mashusho, aba bahanzi baririmbye iyi ndirimbo bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari nayo mpamvu bakoreshejemo abantu bacye. Iyi ndirimbo, ni umushinga wayobowe na All Gospel Today ku bufatanye na HM Africa and Wavelab Studios ihagarariwe na Fabrice Nzeyimana.
INKURU WASOMA: Abagize All Gospel Today barimo Apotre Mignonne, Aime, Tonzi, Patient, Liza na Masengo bahagurukiye kurwanya Covid-19
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nzeri 2021, Ihuriro All Gospel Today rivuga ko Covid-19 ari icyorezo gihangayikishije Igihugu, kandi cyagize ingaruka kuri buri nguni yose y’ubuzima, by’umwihariko ku nsengero. Rivuga ko ari yo mpamvu abaramyi 12 bahuje imbaraga mu ndirimbo “Sindohoka " ikangurira abantu cyane cyane abanyamadini kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima yo gukumira no kurwanya icyorezo cya Covid-19 cyajegeje Isi muri iki gihe.

Abahanzi 12 ba Gospel bahuriye mu ndirimbo kurwanya Covid-19
Muri iyi ndirimbo 'Sindohoka' yanditswe na Fabrice Nzeyimana, aba bahanzi bagaragaza ko na Bibiliya ikangurira ubwoko bw’Imana kwirinda igihe cyose batewe n’icyorezo. Kubara 5: 2 hagira hati “Tegeka Abisirayeli bakure mu mahema yanyu umubembe wese n’uninda wese, n’uhumanyijwe n’intumbi wese."
AGT bavuga ko bafatanyije na Leta mu bukangurambaga bugamije gukangurira abantu kwirinda Covid-19 bubahiriza amabwiriza yose yashyizweho. All Gospel Today inahamagarira Abanyarwanda kwikingiza Covid-19 kugira ngo umubiri ugire ubudahangarwa bwo guhangana n’iyi virus. Bati “Si rwo rukingo rwa mbere twaba dukingiwe."
Rev. Alain Numa uhagarariye itsinda rya All Gospel Today (AGT) yabwiye InyaRwanda.com ko ubu bukangurambaga barimo bwo kurwanya Covid-19 buzafasha abaturarwanda by'umwihariko abakristo guhindura imyumvire ya bamwe bica amabwiriza nkana yo kwirinda Covid-19 harimo n’abakristo. Yagize ati:
Twaricaye dusanga mu bantu bagize umuryango wa All Gospel Today nk’abahanzi n’abashumba bakurikirwa kandi bakumvwa n’abantu benshi, muri iki gihe hari abantu benshi bafite imyumvire yo kudohoka bakica ingamba zo kurwanya icyorezo, twizeye ko muri ubu bukangurambaga benshi bazahindura imyumvire.
Rev. Numa yongeyeho ko Abakristo bafite uruhare rukomeye mu gufatanya n’inzego zitandukanye mu rugamba rwo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo. Ati “Nyuma y’ubu bukangurambaga abantu bazumva ko ari ngombwa kwambara agapfukamunwa, gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, ahahuriye abantu benshi hagomba kuba hafunguye umwuka wo hanze winjira, kumenya ko gusengera mu bihuru bitemewe. All Gospel Today yiyemeje gukorana n’izindi nzego mu bikorwa bitandukanye kuko naryo ari ivugabutumwa."
Ihuriro rya Gikristo rizwi nka All Gospel Today (AGT) ryatangiye mu 2013 ritangijwe n'umunyamakuru Mupende Gedeon Ndayishimiye, rikaba ihuza ingeri zitandukanye z’abantu bafite aho bahuriye n’ibikorwa by’Iyobokamana (Gospel) barimo; Abashumba bahagarariye amatorero atandukanye, Abavugabutumwa, Abahanzi, Abakuriye amakorali n’amatsinda y’abaririmbyi, Abanyamakuru, n’Abatunganya umuziki, abayobora ibitaramo (MCs), n’abandi.
Tariki 11 Kanama 2021, batangaije ubukangurambaga bwiswe #Sindohoka, bugamije gushishikariza Abaturarwanda bose kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Ni gahunda batangije nyuma y'uko hari bamwe cyane cyane abakristo bagiye bavuga bafite impungenge ku rukingo rwa Covid-19, biyemeza kubasobanurira ko inkingo zahozeho na kera ndetse n'ubu. Ni nyuma kandi y'uko hagaragaye benshi barimo n'abakristo bagiye badohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagafatwa bagiye gusengera ahatemewe.
Ubu bukangurambaga bwa All Gospel Today bwagaragayemo ibikorwa byo gusakaza ubutumwa bukangurira Abaturarwanda kwirinda Covid-19 bunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga za All Gospel Today (Twitter, Instagram na Facebook) ndetse no ku z’abantu bwite babarizwa muri iri tsinda babasha gukurikirwa n’imbaga nyamwinshi, hatanzwe kandi n’ibiganiro mu bitangazamakuru bitandukanye. Ubu igikorwa bakurikijeho ni indirimbo bise 'Sindohoka'.
All Gospel Today imaze gukora ibikorwa by’urukundo binyuranye byakoze ku mitima y’abatari bacye. Tariki 24 Mata 2016, yasuye abarwayi bo mu bitaro bikuru bya Kigali, CHUK, icyo gihe ikaba yarafashije abarwayi 32 bari barabuze amafaranga yo kugura imiti, ibishyurira fagitire y’imiti yose bari barandikiwe n’abaganga. Mu mpera za 2020 nabwo iri tsinda ryasuye abarwayi mu bitaro bya Muhima mu mujyi wa Kigali ryishyurira abagore bari bamaze iminsi babyaye ariko barabuze ubushobozi bwo kwishyura ibitaro.
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'SINDOHOKA' YA ALL GOSPEL TODAY
Amafoto y'aba bahanzi uko ari 12 batambukije mu minsi ku mbuga nkoranyambaga bamenyesha abakunzi babo ko indirimbo 'Sindohoka' ya All Gospel Today isohoka kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nzeri 2021.
Annet Murava

Patient Bizimana
Tonzi
James&Daniella
Aime Uwimana
Gaby Kamanzi

Prosper Nkomezi
Serge Iyamuremye

Dianna Kamugisha

Fabrice Nzeyimana
Ubutumwa bamwe mu bagize All Gospel Today batanze ku kwirinda Covid-19








Apotre Mignonne Kabera yageneye ubutumwa abibwira ko gufata urukingo rwa Covid-19 ari ikimenyetso cyo kutizera Imana
