RFL
Kigali

Udushya twaranze imyitozo ya mbere ya Cristiano muri Manchester United – AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/09/2021 10:10
0


Kuva mu rugo iwe kugera ku kibuga cya Carrington aho Manchester United yitoreza, Cristiano wasubiye muri iyi kipe yubakiyemo amateka akomeye, yahuye n’udushya twinshi tw’abagaragazaga ko bishimiye igaruka rye mu mujyi wa Manchester ndetse ko bamuri inyuma mu myaka ibiri yasinye.



Ubwo uyu mukinnyi yavaga iwe mu modoka nziza yo mu bwoko bwa Lamborghini, yari ategerejwe n’abafana benshi ba Manchester United bamuherekeje kugeza ku kibuga cy’imyitozo bagenda baririmba ‘Cristiano turakwishimiye’.

Aba bafana bari buzuye akanyamuneza bari bitwaje ibyapa byanditseho amagambo aha ikaze uyu mukinnyi agira ati "Tuguhaye ikaze kandi twishimiye igaruka ryawe".

Si aho gusa byahagarariye kuko ubwo yageraga ku kibuga yabanje afata umwanya munini aganira n’umutoza we banakinanye mu myaka ishize, Ole Gunnar, amusobanurira byose n’ibyo bamwifuzaho muri iyi kipe inyotewe igikombe.

Ubwo yageraga mu kibuga, buri mukinnyi wa Manchester yumvaga yakinana na we ndetse bamwe bagashaka kujya guhanganira umupira kugira ngo bumve guhanganira umupira na Cristiano uko bimera kuko atari benshi bagize amahirwe yo guhurira na we mu kibuga bahanganye.

Akamwemwe kari kose kuri buri mukinnyi wa Manchester United, bigaragara ko hari icyahindutse muri iyi kipe ndetse binatuma umutoza Ole avuga ko yiyumvamo ko ikipe ibonye icyo yaburaga ndetse yashakaga.

Ku wa Kabiri tariki ya 07 Nzeri 2021, ni bwo Cristiano yakoze imyitozo ya mbere muri Manchester nyuma yo kuyigarukamo avuye muri Juventus yari amazemo imyaka itatu, aho yitegura gukina umukino we wa mbere muri iyi kipe ku Cyumweru mu mukino Manchester izakina na Newcastle United.

Ronaldo w’imyaka 36, yavuze ko yifuza guhindura shampiyona ariyo mpamvu yavuye muri Juventus yari agifitiye umwaka w’amasezerano.

Mu myaka itanu yakiniye Manchester United, Cristiano yayifashije kwegukana ibikombe 9, birimo bitatu bya shampiyona y’u Bwongereza ndetse n’igikombe kiruta ibindio i Burayi cya Champions League.

Akinira Manchester United mu 2008, ni bwo bwa mbere Cristiano yegukanye Ballon d’Or mu mateka, yanabimburiye izindi Enye zayikurikiye nyuma. Mu mikino 292 Cristiano yakiniye Man.United, yayitsindiye ibitego 118.

Muri iyi mpeshyi, nyuma yo gutangariza ubuyobozi bwa Juventus ko atazakomezanya n’iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino, Cristiano yifujwe n’amakipe atandukanye, arimo PSG, Tottenham, Real Madrid, Manchester City ariko birangira ahisemo kugaruka muri Manchester United.

Ubwo Cristiano yajyaga mu myitozo, abafana benshi ba Manchester United birutse ku modoka ye

Abafana bari bitwaje ibyapa bimuha ikaze i Manchester

Ageze ku kibuga Cristiano yabanje gufata umwanya munini aganira n'umutoza Ole

Mu myitozo buri mukinnyi wa Manchester United yifuzaga gukinana na Cristiano

Akamwemwe kari kose ku bakinnyi ba Manchester bakoranye imyitozo n'umukinnyi wa mbere ku Isi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND