RFL
Kigali

Cristiano yongeye kuvugwaho guca inyuma umukunzi we nyuma y’imanza nyinshi yarezwemo n’abagore

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/09/2021 7:48
0


Umunyamideli ufite izina rikomeye muri Portugal witwa Natacha Rodriguez, yahishuye uko yagiranye ibihe byiza n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Cristiano Ronaldo, bakararana mu cyumba kimwe, kandi akaba yarabikoze akundana na Georgina Rodriguez babana.



Cristiano yagiye avugwaho kenshi gukunda cyane abagore, ndetse uyu Natacha yiyongereye ku bakobwa benshi bagiye bemeza ko baryamanye nawe.

Uyu munyamideli wo muri Portugal, yavuze ko yaryamanye na Cristiano bari mu nyubako ye i Lisbon, nyuma y’amezi 2 bandikirana ndetse ngo babikoze nyuma y’aho ahuye n’umukunzi we Georgina Rodriguez, bamaranye imyaka 4 babana.

Aganira n’ikinyamakuru The Sun, Natacha yagize ati “Hari nka saa saba z’amanywa ubwo namwohererezaga ifoto yanjye nikinira, natekerezaga ko atazansubiza ariko saa kumi n’ebyiri za mu gitondo yaransubije, ibintu bihita bitangirira aho”.

Uyu mukobwa yakomeje avuga ko byageze aho uyu mukinnyi amutumira iwe, aho ngo yatunguwe ahageze.

Yakomeje agira ati “Siniyumvishaga ko ndi mu nzu ya Cristiano Ronaldo. Umutima wanjye warateraga cyane nk’uri mu isiganwa, ariko yambereye umuntu mwiza ansaba kwitwara nk’uri mu rugo rwe. Nakuyemo inkweto ndangije nisukira jus, mpita njya kwicara iruhande rwe. Twaganiriye ku nyubako ye n’aho nari mvuye.

Nahise mpaguruka nkuramo ipantalo yanjye ubundi ndunama kugira ngo mwereke uko nteye, ankubitaho aravuga ngo, ndabikunze”.

Ronaldo akimara kuryamana n’uyu mukobwa muri Werurwe 2017, ngo yahise amwandikira ati “Nabyishimiye cyane. Tuzongera kubonana undi munsi. Ni ibanga rikomeye, umbabarire”.

Natacha Rodriguez yavuze ko bikimara kuba, Ronaldo yahise akuraho telefoni, amufungira ahantu hose ndetse ngo afite ubwoba ko ibi azabikorera na Georgina.

Yagize ati “Ronaldo yanjugunye nk’itafari, kandi ntekereza ko ashobora kubikorera na Georgina. Narakomeretse cyane kuko yamfungiye kuri Instagram nyuma y’uko turyamanye, na n’ubu ndacyababaye”.

Uyu mukobwa ngo amaze imyaka 4 arwana no kwikuramo Cristiano, ndetse yasabye Georgina kumucunga cyane kuko ngo abakinnyi nkawe bakurura abagore, bamara kubasambanya bakabata.

Cristiano yagiye aregwa imanza nyinshi mu bihe bitandukanye, z’abagore bamushinjaga kubasambanya bashaka indonke, ariko zimwe akagenda azitsinda izindi zikaburizwamo ntiziburanwe.

Cristiano Ronaldo aherutse gusinyira ikipe ya Manchester United amasezerano y’imyaka ibiri, akaba yarayigarutsemo avuye muri Juventus yari amazemo imyaka itatu.

Natacha avuga ko Cristiano yamuteye igikomere ku mutima amaranye imyaka 4

Cristiano abanye neza n'umukunzi we Georgina Rodriguez bamaranye imyaka ine babana





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND