Miss Mutesi Jolly yasobanuye uko yagizwe Visi Perezida wa Miss East Africa n’intego afite

Imyidagaduro - 08/09/2021 7:06 PM
Share:
Miss Mutesi Jolly yasobanuye uko yagizwe Visi Perezida wa Miss East Africa n’intego afite

Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, niwe Visi Perezida w’inama y’ubuyobozi iri gutegura amarushanwa y’ubwiza, azatangirana n’impera z’Ukwakira akazasozwa mu mpera z’Ugushyingo 2021, benshi rero bakomeje kwibaza uko byaje ngo agirwe umuyobozi w’imbere w’abayategura.

Mutesi Jolly yasobanuye neza ko ariwe wateye intambwe ya mbere, kugira ngo agirwe Visi Perezida w’Akanama kari gutegura amarushanwa, azitabirwa n’ibihugu bigera kuri 16, anavuga ku cyabimuteye.

Mu kiganiro yagiranye na radiyo ikomeye muri Tanzania y’umushabitsi n’umuhanzi baherutse no kubonana, Diamond Platnumz ya Wasafi fm, Mutesi Jolly yatangiye asobanura uko yakiriye umwanya yahawe, ahita anavuga ko ariwe wabanje kubegera.

Yagize ati: “Nabyakiranye umutima wo kwicisha bugufi, kuko ni nanjye wabanje kubegera." Ahita agaragaza ko kumuha uyu mwanya byari nko kumwitura, ati: “Ni ka kebo kajya iwa mugarura."

Mu gukomeza, avuga ko yatewe umuhate no kuba nawe ari imbuto y’amarushanwa y’ubwiza bityo akaba yumva hari umusanzu ukomeye afite wo gutanga muriyo. Yagize ati: “Ndi imbuto y’amarushanwa y’ubwiza, rero nzi neza ko ari urubuga rwiza rwo kubamo."

Asobanura ko kandi mu gihe kitari gito gishize, abantu batagiye bumva neza akamaro k’aya marushanwa agira ati: “Mu gihe kirekire gishize, abantu ntabwo bigeze baha agaciro n’umwanya uru rubuga."

Jolly akomoza ku gihe byafashe ngo bongere kumva ko Miss East Africa yakongera kubaho, avuga uko yahuye n’umuyobozi wayo, agira ati:"Ubwo narebaga hirya no hino, nabonye ‘email’ ye mpitamo kumwandikira, dukomeza tuganira tugeza aho dufata umwanzuro wo kongera kurikora."

Nyampinga Jolly akomeza kandi avuga ukuntu ari iby’icyubahiro kubona aho ukoresha ubumenyi bwawe. Agira ati:"Ni iby’agaciro kuba umwe mu bagize inama y’ubuyobozi, ugakoresha ubumenyi ufite muri yo, ukareka abandi bangavu bumva icyiza cy’urwo rubuga wihereyeho."

Akomeza asobanura ko nk’umwamikazi w’ubwiza hari icyo ashaka kubibyaza, agira ati:"Nk’umwamikazi w’ubwiza wabaye muri uru rubuga, ndashaka gukoresha iri jwi ntera umuhate abantu batandukanye, ngo bamenye ko ari ahantu hacye ushobora gukura imbaraga, ariko hano akaba ari hamwe muho bishoboka."

Mu gusoza ikiganiro cye, Miss Jolly asobanura ko ari ngombwa ko abantu bamenya, ko urubuga rw’amarushanwa y’ubwiza  ari inzira y’imbaraga, atari iy’ubwamamare no kwiyamamaza byonyine.

Agira ati:"Iri ni ijwi nshaka gushyira kumeza ngo tureke abangavu barebe uru rubuga, nk’urubuga rw’ingirakamaro mu kimbo cyo kuba urubuga rwo kwamamara no kwiyamamaza, barukoreshe mu kubaka imyumvire n’ibigwi."

Visi Perezida w'Inama y'Ubuyobozi bwa Miss East Africa, Mutesi Jolly, wasobanuye intego afite muri aya marushanwa ko ari ugutuma abangavu bayabona nk'inzira y'imbaraga
  

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...