Rutahizamu w’umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo, witezweho guca uduhigo no gusubiza Manchester United ikuzo yahoranye ryo gutwara ibikombe bitandukanye, yatangiye imyitozo muri iyi kipe yagarutsemo nyuma y’imyaka 12 ayivuyemo akajya gushakira ahandi.
Nyuma
yo gusinyira ikipe ya Manchester United amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri
Juventus, Cristiano yageze ku kibuga Carrington kuri uyu wa Kabiri tariki ya 07
Nzeri, aho yatangiye imyitozo yitegura umukino wa Newcastle muri shampiyona, uzaba mu mpera z’iki cyumweru.
Uyu
munya Portugal w’umuhanga cyane mu gutsinda ibitego, yavuye muri Juventus yari
amazemo imyaka 3 agaruka muri Manchester United, izajya imuhemba akayabo
k’ibihumbi 385 by’amapawundi ku cyumweru mu myaka 2 yasinye.
Mbere
yo gutangira imyitozo, Cristiano yagaragaye aganira cyane n’umutoza we
banakinanye muri iyi kipe mu myaka yashize, Ole Gunnar, aho yamuhaye ikaze ku
kibuga cy’imyitozo, ariko anamubwira icyo abafana bamutegerejeho Old Traford mu
myaka ibiri yasinye.
Ole
yamubwiye ko abafana bakeneye kongera kwishima, ikipe yegukanye ibikombe.
Ronaldo
w’imyaka 36, yavuze ko yifuza guhindura shampiyona, ariyo mpamvu yavuye muri
Juventus yari agifitiye umwaka w’amasezerano.
Mu
myaka itanu yakiniye Manchester United, Cristiano yayifashije kwegukana
ibikombe 9, birimo bitatu bya shampiyona y’u Bwongereza ndetse n’igikombe
kiruta ibindi I Burayi cya Champions League.
Akinira
Manchester United mu 2008, nibwo bwa mbere Cristiano yegukanye Ballon d’Or mu
mateka, yanabimburiye izindi Enye zayikurikiye nyuma.
Mu
mikino 292 Cristiano yakiniye Man.United, yayitsindiye ibitego 118.
Muri
iyi mpeshyi, nyuma yo gutangariza ubuyobozi bwa Juventus ko atazakomezanya
n’iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino, Cristiano yifujwe n’amakipe atandukanye,
arimo PSG, Tottenhm, Real Madrid, Manchester City ariko birangira ahisemo
kugaruka muri Manchester United.
Cristiano
Ronald arakinira Manchester United umukino we wa mbere mu mpera z’iki cyumweru,
aho ikipe ye izakina na NewCastle United.
Mbere yo gutangira imyitozo Cristiano yabanje gufata umwanya wo kuganira n'umutoza we Ole
Cristiano yakoze imyitozo ya mbere muri Manchester United kuva yayigarukamo
TANGA IGITECYEREZO