RFL
Kigali

APR FC na AS Kigali zitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika zugarijwe n’imvune

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:7/09/2021 10:15
1


Iminsi isigaye kugira ngo amakipe ya APR FC na AS Kigali atangire gukina ijonjora ry’ibanze mu mikino Nyafurika irabarirwa ku ntoki, gusa aya makipe yugarijwe n’ibibazo by’imvune bizatuma hari bamwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba batazagaragara muri iyi mikino.



APR FC izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, aho izahura na Mogadishu City yo muri Somalia mu mukino ubanza uzabera muri Djibouti tariki ya 12 Nzeri 2021, mu gihe AS Kigali izahagararira u Rwanda muri Confederations Cup, ikazakina na FC Olympique de Missiri yo mu birwa bya Comores, umukino ubanza ukazabera muri Comores tariki ya 10 Nzeri 2021.

Nta minsi myinshi isigaye yo kwitegura kugira ngo aya makipe aseruke mu kibuga, atangire urugamba rwo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda y’iyi mikino ku nshuro ya mbere, ariko akomeje gukomwa mu nkokora n’imvune za hato na hato zibasiye abakinnyi, yaba abavunikiye mu ikipe y’igihugu cyangwa mu myitozo y’ikipe ye.

APR FC

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu izakina na Mogadishu City mu mukino w’ijonjora ry’ibanze muri CAF Champions League, umukino ubanza ukazabera kuri Stade Gouled yo muri Djibouti ku wa 12 Nzeri 2021, mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa 19 Nzeri 2021.

APR FC izakina uyu mukino idafite abakinnyi bayo bari basanzwe bayifasha mu marushanwa atandukanye, barimo rutahizamu Byiringiro Lague wavunikiye mu ikipe y’igihugu Amavubi ku mukino yakinaga na Kenya mu Cyumweru gishize ndetse akaba ari hanze y’ikipe amezi Atandatu.


Uyu mukinnyi yakubiswe inkokora mu isura irangirika, azagaruka mu kibuga byibura muri Gashyantare cyangwa Werurwe 2022.

Undi mukinnyi utazakina imikino ibiri APR FC izakina na Mogadishu City, ni Ruboneka Jean Bosco ukina mu kibuga hagati wagize ikibazo cy’imvune izatuma amara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga.


Muri iki Cyumweru APR FC nibwo ihaguruka mu Rwanda yerekeza muri Djibouti kwesurana n’iyi kipe yo muri Somalia.

Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Mogadishu City Club izahura na Etoile du Sahel yo muri Tunisa mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira 2021.

AS KIGALI

Iyi kipe y’umujyi wa Kigali yamaze guhaguruka mu Rwanda yerekeza mu birwa bya Comores gukina umukino w’ijonjora ry’ibanze muri CAF Confederations Cup izahuramo na FC Olympique de Missiri mu mukino ubanza uzakinwa ku wa Gatanu tariki ya 10 Nzeri, mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo tariki ya 18 Nzeri 2021.

AS Kigali yagize ibibnazo bitandukanye by’abakinnyi batajyane n’ikipe muri Comores kubera imvune ndetse abandi ntibari ku rutonde rwabo iyi kipe yatanze muri CAF.

Iyi kipe ntiyajyanye n’umunyezamu wayo ukomoka muri Uganda, Bate Shamiru, wavunikiye mu mukino wa gicuti iyi kipe iheruka gukina na AS Maniema yo muri DR Congo.


Kakule Mugheni Fabrice ukina mu kibuga hagati nawe ntiyajyanye na bagenzi be mu birwa bya Comores kubera ikibazo cy’imvune yagize.


Abandi bakinnyi batajyanye n’ikipe harimo Niyonzima Olivier Seif na myugariro Lamine batatanzwe ku rutonde iyi kipe izakoresha muri iyi mikino bakazategereza ikindi cyiciro.

Ikipe izatsinda hagati ya AS Kigali na FC Olympique de Missiri, izahura na DCMP yo muri Congo mu cyiciro gikurikiyeho.

AS Kigali yerekeje muri Comores gukina na FC Olympique de Missiri muri Confederations Cup






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • IRADUKUNDA TASIYE2 years ago
    Ngo,APEREFCyaguze Kwizeraorivien,Muhirekeven





Inyarwanda BACKGROUND