Ikipe ya Manchester United yatangaje ko nimero 7 ifite amateka akomeye muri iyi kipe, yambuwe Edinson Cavani wayambaye mu mwaka ushize w’imikino, isubizwa rutahizamu w’umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo wegukanye ibikombe Icyenda Old Traford yambaye iyi nimero.
Mu
kwezi gushize kwa Kanama, nibwo Cristiano Ronaldo yagarutse muri Manchester
United nyuma y’imyaka 12, ibintu byashimishije cyane abafana n’abakunzi b’iyi
kipe yiyita amashitani atukura.
Kugaruka
Old Traford kwa Cristiano, byatumye nimero 7 yamburwa umunya Uruguay Edinson Cavani
wayambaye umwaka ushize w’imikino, ihabwa Ronaldo n’ubundi wahoze uyambara, Cavani
ahabwa nimero 21 ihuye n’iyo yambara mu ikipe y’igihugu.
Nimero
7 ifite amateka akomeye muri Manchester United, kuko yambawe n’ibihangange
bikomeye byabayeho mu mupira w’amaguru, byanyuze muri iyi kipe birimo George
Best, Bryan Robson, Eric Cantona na David Beckham.
Beckham
yayisigiye Cristiano, ntiyayipfushije ubusa kuko yayubakiyeho amateka akomeye,
kuko mu myaka itandatu yakiniye iyi kipe, yayifashije kwegukana ibikombe 9
bitandukanye birimo Premier League Eshatu, n’igikombe cya UEFA Champions League.
Uyu
mukinnyi kandi ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi muri ruhago, yambaye nimero 7,
bwa mbere yegukanye umupira wa zahabu uhabwa umukinnyi w’Indashyikirwa ku Isi
mu mwaka w’imikino ‘Ballon d’Or’.
Kuva
mu 2003-2009 ubwo Cristiano yakiniraga Manchester United, yayitsindiye ibitego
118 mu mikino 292.
Cristiano yasubijwe nimero 7 muri Manchester United yambuwe Cavani
TANGA IGITECYEREZO