Ikipe ya AS Kigali, yatangaje ko yamaze gusinyisha myugariro w’umunya- Ghana wakiniraga Younga Africans yo muri Tanzania, Lamine Moro.
Kuri
uyu wa Kane tariki ya 02 Nzeri 2021, AS Kigali yatangaje ko yasinyishije
myugariro Lamine Moro, wari umaze imyaka ibiri akinira Yanga yo muri Tanzania.
Lamine
Omar Moro w’imyaka 27 y’amavuko, yageze mu Rwanda uyu munsi, ahita asinyira
ikipe ya AS Kigali agiye gukinira.
Moro
azakinira AS Kigali mu ijonjora rya kabiri, bahuye na DC Motema Pembe kuko
atatanzwe ku rutonde rwa mbere rwagiye muri CAF, ndetse AS Kigali izatanga
200,000Frw kugira ngo uyu mukinnyi yongerwe ku rutonde ruzakoreshwa mu marushanwa
ya CAF.
Lamine
Moro, yaherukaga gutandukana na Yanga muri Nyakanga uyu mwaka, aho byavuzwe ko
batandukanye ku bwumvikane, n’ubwo ibitangazamakuru byo muri Tanzania byatangaje
ko impande zombi hari ibyo zitumvikanyeho, byanatumye Yanga imuhagarika.
Uyu
myugariro wanabaye kapiteni w’iyi kipe, yakinnye mu makipe arimo Liberty
Professionals yo muri Ghana na Buildcon yo muri Zambia, ubu akaba agomba guhatanira
umwanya n’abarimo Rurangwa Mossi, Bishira Latif na Rugwiro Hervé.
AS
Kigali izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup muri uyu
mwaka, ikaba yaratomboye kuzahura na Olympique de Missiri yo mu Birwa bya
Comores mu ijonjora rya mbere, ndetse izatambuka hagati yazo izakina na DCMP yo
muri DR Congo.
Myugariro Lamine wakiniraga Yanga yerekeje muri AS Kigali
TANGA IGITECYEREZO