Ibitecyerezo bitandukanye bisa nk’ibigaragaza ko hari abagikomeje kwibaza ku kwirukanwa kwa Kwizera Olivier

Imikino - 22/08/2021 9:30 AM
Share:
Ibitecyerezo bitandukanye bisa nk’ibigaragaza ko hari abagikomeje kwibaza ku kwirukanwa kwa Kwizera Olivier

Mu masaha macye ashize umunyamakuru wa televiziyo y’igihugu Luckman Nzeyimana yagaragaje uko yumva ibintu, bikaba byakuruye impaka ndende ariko zose zigaragaza ko hari abagikomeje kwibaza cyane ku kwirukanwa k’umuzamu w’ikipe y’igihugu mu mwiherero nyuma yo gukorana ikiganiro na Shalon kuri Instagram ari mu mwiherero.

Kwizera Olivier, ni umwe mu bakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu cy’u Rwanda, yitegura umukino izahuramo na Mali uzabera i Agadir muri Maroc ku wa 1 Nzeri 2021, ndetse n’uwa Kenya uzabera i Kigali ku wa 5 Nzeri, mu mikino ibiri ibanza yo mu itsinda E ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar.

Gusa,  we ntibyamuhiriye kuko yaje kwirukanwa ‘azira kurara avugana n’umukobwa kuri instagram kandi ari mu mwiherero’. Byaje gusa n’ibitungura benshi nyuma yo kwirukanwa mu mwiherero igitaraganya, nyamara awuhamagarwamo, Mashami yari yatangaje ko ari uburyo bwo kumufasha kubera ibibazo yahuye nabyo, birimo gufungwa no gukatirwa kubera gukoresha ibiyobyabwenge.

Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami yagize Ati: “Olivier ni Umunyarwanda, ni umukinnyi w’umupira w’amaguru, afite byinshi, impano arayifite kandi ntawe uyishidikanyaho. Nta mpamvu yo kumwangisha abandi cyangwa kumucira imanza, si ko kumwubaka cyangwa gutuma aba umugabo kandi ntitwamugira igicibwa. Ni igihe cyiza cyo kumwegera ngo tumuhanure."

Nyamara ibi byaje kurangira ibyari ukumufasha ‘bisa nk’aho byabaye ibindi’ ubwo yirukanwaga haciye amasaha macye agiranye ikiganiro cyaciye kuri instagram ku karubanda n’umukobwa witwa Shalon umaze kwamamara mu myidagaduro kubera impamvu zinyuranye zirimo n’ibyagiye biba kubyamamare nawe akagarukamo nka bamwe mu bahanzi bafunzwe, bamwe bakavuga ko uyu mukobwa yaba yarabigizemo uruhare.

Ibi byose rero kuva byaba, bigaragara ko hari abacyibyibazaho, bibaza niba kuvuganira kuri instagram n’umukobwa ari impamvu yatuma yirukanwa, aho byazamuye amatsiko ya bamwe bibaza niba mu mategeko bahabwa binjiye ikipe cyangwa bagiye mu mwiherero haba harimo iribabuza gukora nk’ibyo yakoze.

Uyu munyamakuru wa televiziyo Rwanda by’umwihariko mu gisata cy’imyidagaduro, abinyujije ku rukuta rwe yagaragaje uko ahagaze, mu butumwa bwateye bamwe kwibaza byinshi. Igitecyerezo cye bisa n’aho agihuriyeho na bamwe mu byamamare n’abandi banyamakuru barimo YAGO n’umwe mu byamamare ku mbuga nkoranyambaga wiyise The Cat n’ubwo hari n’abandi babibona ukundi.

Luckmanzeyimana yagize ati: “KWIZERA OLIVIER:Ndumva ntakosa yakoze, Niba buri wese yaragumanye telephone ye mu mwiherero, agomba kuyikoresha mu buryo yifuza kuko ni telephone ye si iyo kuri Reception!
Ahubwo kuki ababishinzwe batabatse telephone zabo niba batekereza ko zahungabanya umwiherero w'abakinnyi???"

Akimara gushyiraho ubu butumwa, umunyamakuru waciye mu bitangazamakuru binyuranye kuri ubu wikorera ku giti cye uzwi nka YAGO, kuri shene ya Youtube, yagize ati: “Umurongo urimo nanjye niwo ndimo @luckmannzeyimana Gusa biracyagoranye Kubyumva inaha iwacu Peee [Ni AGATERERANZAMBA KA NYINA WA NZAMBA]."

YAGO nawe bigaragara ko atumva neza ibyabaye yongeramo n’ijambo rigira riti “Ino aha iwacu ". Mu bigaragara, aba banyamakuru bagaragaje ko bari bakeneye kumenya byimbitse kuri uku kwirukanwa kwa Olivier Kwizera. ‘Wasanga hari n’abandi bakibyibazaho’.

Uwiyise The Cat Babalao, umenyerewe cyane mu myidagaduro yo gushyushya abantu, kuri iyi ngingo nawe yagaragaje ko atumva niba koko impamvu yabiteye ari telefone kuko ibaye ariyo byaba bitumvikana kuko ari iy’umuntu ku giti cye kandi yitwaza ahantu hose, igakoreshwa icyo nyirayo yifuza kitabangamiye rubanda ati: “Nanjye ni uko mbyumva niyo mpamvu yitwa Mobile."

Ibitecyerezo byinshi byatanzwe birimo no kuba ‘imyitwarire ya Olivier idafatika’, bigaragaza ko abantu bacyeneye kumenya ibijya mbere mu mwiherero by’umwihariko n’impamvu uyu musore yaba yarahamagawe hakemezwa ko ‘ari uburyo bwo kumufasha’ mu gahe gato agatabwa hanze y’umwiherero.Igitecyerezo ‘bwite’ cya Luckmannzeyimana kigaragaza ko ‘atumva impamvu nyakuri’ Kwizera Olivier yirukanweYago nawe yagaragaje ko ari mu mujyo umwe na Luckmannzeyimana yongeraho ko bikigoranye ‘ino aha’ . Undi nawe yagaragaje ko ‘cyeretse igihe yaba yararenze ku mabwiriza ya Coaching, ariko nabyo byagakwiye gutangarizwa ba nyirabyo abaturage, kuko ikipe ni iy’igihugu si iy'umuntu umwe’.The Cat nawe yagaragaje ko yumva telefone itagakwiye kwirukanisha umuntu, undi aramwunganira agaragaza ko ‘umuntu afite uburenganzira bwo kuvugana n’uwo ashaka cyeretse niba ari iyo kugira urwitwazo ashaka kugaragaza ko haba wenda hari indi mpamvu itazwi’Undi we yashyizeho igitecyerezo kigaragaza ko ibintu bishobora gukorwa ari akantu gato, bikaba byagira ingaruka kuri benshi batabigizemo uruhare. Agaragaza ‘ko hari abayobozi bitazorohera kujyanirana n'abato nabo bari kujyanirana n'isi yabo’.

  

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...