RFL
Kigali

Tour de L'Avenir: Abanyarwanda batangiye neza, Uhiriwe Byiza Renus aba uwa 68 anganya ibihe n'uwa mbere

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/08/2021 12:17
0


Muri Tour de L'Avenir abanyarwanda batangiye neza aho Uhiriwe Byiza Renus yabaye uwa 68 aganya ibihe n'uwa mbere, naho Habimana Jean Eric arushwa iminota itatuaza ku mwanya w' 133.



Abanyarwanda babiri Uhiriwe Byiza Renus na Habimana Jean Eric nibo bahagarariye u Rwanda mu mikino ya Tour de L'Avenir ifatwa nka tour de France y'abato. Abasiganwa bagera ku 171, nibo batangiye Etape ya mbere yabaye kuri uyu wa 6 tariki 14 Kanama 2021, aho birukanse intera ingana na Kirometo 161 n'ibice bibiri, Waerensk Jold Soren aba uwa mbare akoresheje amasaha 3h iminota 49 n'amasegonda 57. Umunya-Eritrea Mulueberhan Henok aba uwa kabiri anganya ibihe n'uwa mbere.


Umunyarwanda waje hafi ni Uhiriwe Byiza Renus wabaye uwa 68 anganya ibihe n'uwa mbere, Habimana Jean Eric yabaye uw' 133 arushwa iminota 3 n'amasegonda 24 n'umukinnyi wa mbere.

Tour de l'avenir iri kuba kunshuro ya 57 aho byari biteganyijwe ko iyi nshuro ikinwa mu 2020 ariko Coronavirus igatumwa uwo mwaka risubikwa. Umunyarwanda waje hafi ni Uhiriwe Byiza Renus wabaye uwa 68 anganya ibihe n'uwa mbere. Habimana Jean Eric yabaye uw' 133 arushwa iminota 3 n'amasegonda 24 n'umukinnyi wa mbere.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND