Fiona Muthoni Ntarindwa w’imyaka 27, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu itangazamakuru yakuye muri kaminuza y’u Rwanda. Guhera mu mwaka wa 2018 yatangiye gukorera televiziyo ya CNBC Africa ifite icyicaro mu mujyi wa Johannesburg mu gihugu cya Afrika y'Epfo. Ni umukobwa utewe ishema cyane no kuba umunyafurika ndetse ajya avuga ko Afrika imuri mu maraso. Mu mabyiruka ye, yari umukobwa ugira amatsiko kugeza n'ubu, aharanira kugira iterambere n’ibikorwa byivugira.
Akigera mu mwaka wa mbere wa kaminuza, yatangiye gukorera Televiziyo ya TV10 ayimaraho imyaka igera kuri 2, akorana umurava n’inyota yo kugera kure hashoboka. Ubwo yigaga muri Kaminuza, yari umwe mu bayobozi b’ikinyamakuru we n’abandi banyeshuri batangije cyasohokaga buri kwezi. Ni ikinyamakuru bari barise Kaminuza Star. Hirya yo kuba akorera Televiziyo, ari kwihugura mu bijyanye no kwandika kuko ubwanditsi ari kimwe mu bintu yifuza kugira umwuga.
Muri Kaminuza kandi, Muthoni Fiona yari mu banyeshuri 4 bahawe buruse yo kujya gukomereza amasomo yabo muri Sweden mu itangazamakuru. Fiona yitabiriye amarushanwa y’ubwiza anyuranye, mu mwaka wa 2015 ni bwo yitabiriye bwa mbere amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda yegukanamo ikamba ry'igisonga cya 3, hanyuma mu mwaka wa 2017 yitabira irushanwa rya Miss Africa ayo yitwaye neza cyane yegukana ikamba ry'igisonga cya mbere.
Fiona yemeza ko atari kuba umunya-Africa byonyine ahubwo Africa iri muri we
Yatangiye kwerekana imideli afite imyaka 16 mu gihugu cya Kenya
Aha yari mu isoko ricururizwamo ibikoresho by'aba Masai
Yinjiye mu irushanwa ry'ubwiza rya Miss Rwanda kubera ukuntu akunda u Rwanda n'ubwo atari rwo yakuriyemo ariko ni umunyarwandakazi
Amagambo azi mu rurimi rw'Ikinyarwanda ni macye kuko avuga cyane Icyongereza
Fiona akorera Televiziyo ya CNBC Africa ariko ari no kwihugura mu bijyanye n'ubwanditsi
Yavukiye mu gihugu cya Kenya ku babyeyi b'abanyarwanda
Fiona Muthoni, Sandrine Isheja, Arthur Nkusi na Ashante
Miss Naringwa yavuye muri Kenya ajya mu Rwanda mu mwaka wa 2014
Miss Fiona Muthoni agira amafoto atangaje ariko arimo gakondo ya Afrika
Yakuze afite inzozi zo kuzaba umunyamakuru ukomeye nka Julie Gichuru wa Televiziyo ya Citizen
Ibyo akora byose aba yifuza guha urugero rwiza abakobwa bakiri bato
Muthoni Fiona yatangiye kwerekana imideli ku myaka 16
Ku myaka 17 ni bwo yabonye kompanyi imusinyisha amasezerano nk'umunyamdieli w'umwuga
Yagiye yerekana imideli mu mijyi itandukanye irimo Kigali, Kampala, Nairobi, Accra n'ahandi
Yabaye igisonga cya mbere muri Miss Africa 2017
Yabaye kandi igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2015
Ubwo yitabiraga Miss Africa yibwe telefone ni kimwe mu bintu byamutunguye
Muthoni Fiona yagiranye ikiganiro nk'umunyamakuru na Meddy
Muri Mutarama 2021 ni bwo Nkusi yatangaje binyuze mu kiganiro cya mu gitondo kuri Kiss Fm ko akundana na Fiona
Ababashije kubona iyi foto bibajije uko yafotowe n'uwayifotoye kuko itangaje
Muthoni Fiona n'abavandimwe be