RFL
Kigali

Qatar 2022: Kwizera Olivier umaze iminota 120 agarutse muri ruhago, umwe wa Rayon Sports mu bakinnyi 39 b'Amavubi biyambajwe na Mashami

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:12/08/2021 17:38
1


Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 39 barimo Kwizera Olivier umaze iminota 120 atangaje ko agarutse muri ruhago n'umukinnyi umwe wa Rayon Sports, mu bagiye gutangira umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022, aho uru rugendo bazarutangirira i Bamako.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Kanama 2021, ni bwo Mashami Vincent yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 39 bazavamo abazakoreshwa mu mikino yo gusahaka itike y’igikombe cy’Isi 2022, barimo Kwizera Olivier umaze iminota micye agarutse mu mupira w'amaguru.

Igitangaje ni uko mu bakinnyi 39 bahamagawe mu Amavubi, harimo umukinnyi umwe gusa wa Rayon Sports, ariwe Niyigena Clement ukina mu bwugarizi.

Mu bakinnyi Mashami yahamagaye  harimo Nsengiyumva Isaac ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Express yo muri Uganda ndetse n’umunyezamu Kwizera Olivier watangaje ko yagarutse mu mupira w’amaguru nyuma y’iminsi 21 awusezeyeho.

Abakinnyi bari Ngwabije Clovis wigaragaje cyane mu mikino ibiri ya gicuti Amavubi yakinnye na Central Africa, yongeye guhamagarwa ndetse n’umunyezamu Buhake.

Uyu mutoza kandi yitabaje York Rafael ukina muri Sweden wahamagawe mu mikino ya gicuti ariko akaza kugira utubazo tutatumye yitabira ku munota wa nyuma.

Abakinnyi bakuru muri iyi kipe barimo Haruna, Kagere, Ndayishimiye Eric Bakame, Rwatubyaye, Nirisarike Salomon, Tuyisenge Jacques na Djihad bongeye kwitabazwa nyuma yo kudahamagarwa mu mikino ya gicuti. 

Muri rusange Mashami yahamagaye abakinnyi 12 bakina hanze y’u Rwanda na 27 bakina mu Rwanda.

Mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022 kizabera muri Qatar, u Rwanda ruri mu itsinda E, aho ruri kumwe na Uganda, Kenya na Mali.

Umukino wa mbere u Rwanda ruzakina muri iyi mikino, ruzacakirana na Mali iwayo mu kwezi gutaha kwa Nzeri.

Urutonde rw'abakinnyi 39 Mashami Vincent yitabaje mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi

Amavubi azatangira iyi mikino akina na Mali i Bamako

Niyigena Clement niwe mukinnyi wa Rayon Sports wenyine wahamagawe mu Mavubi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Abayisenga Julien2 years ago
    Iyi kipe irimo aba Rayon 7 Kevin,Clement, Cefu,Kwizera,Bayisenge n, Emery na Bakame ntabwo arumwe





Inyarwanda BACKGROUND