Lionel Messi nyuma yo gutandukana na Barcelona, amakuru ntabwo ari burangirire aho ahubwo buri umwe ku Isi ari kwibaza aho uyu mugabo ari bwerekeze ibikapu bye agakomeza ubuzima bushya.
Buri
muntu nibura wabashije gukurikirana umupira w'amaguru birahagije kuba azi ko
Messi yakiniye Barcelona ariko nta n'umwe uzi aho azerekeza. Umupira w'amaguru
ni umukino usekeje ariko byagera mu bucuruzi bikaba agatangaza. Nyuma
y'umwaduko wa Covid-19 ibintu byarahindutse kugera aho ikipe inanirwa guhemba
abakozi bayo ndetse zimwe zigabanya imishahara harimo na Barcelona.
Niba
Barcelona inaniwe Messi arerekeza he?
Hari
amakipe menshi ashobora gutangira kuvugwa ko ashaka Messi ariko byose ubu
bishingiye Ku mahitamo Messi azakora. Paris Saint Germain ni imwe mu makipe
ashobora gusinyisha uyu mukinnyi. PSG imaze igihe ifite inyota yo gutwara
Champions League gusa kuri ubu byaba bibaye amahirwe isinyishije Messi ubundi
agafatanya na Kylian Mbappe na Neymar.
Ku
ruhande rw'umukinnyi twavuga ko yaba agiye mu kipe nziza kuko nayo ishaka
kwegukana ibikombe ndetse ifite abakinnyi Messi yari yarabuze kandi yakwishimira
gukinamo. Manchester City nayo iri ku rutonde rw'amakipe ashobora gusinyisha
Messi. Pep Guardiola wanatoje Messi, ikipe ye ifite amahirwe ari hejuru yo
kwegukana Messi kuko nibura Pep amuzi bakoranye.
Mu
myaka yatambutse Manchester City yakunze kumvikana ishaka Messi gusa bigafata
ubusa kuri iyi nshuro byaba byoroshye ku muzana ubundi bakarwana n'umushahara. Kuri
Messi ni umukinnyi ukunda ibikombe kandi Manchester City ni ikipe yageze ku
mukino wa nyuma Champions League ndetse inatwara Premier league kubisubira rero
bari kumwe byaba byoroshye.
Manchester
United iri ku rutonde. Urebye gahunda ya Manchester United byagorana kuvuga ko
Messi yagira inyota yo kuyikinira dore ko ibyo yifuza usibye amafaranga iyi
kipe ifite yatuma ayisinyira ntabwo ibikombe yabyizera cyangwa ngo bitume amanuka
byihuse.
Juventus
ntawayirenza amaso. Usibye kuba ari ikipe nayo ikunze guhangana ndetse
ikiharira ibikombe imbere mu gihugu. Messi ashobora kwerekeza muri Juventus
agiye kwemeza isi ko yakina mu ikipe imwe na Ronaldo kandi akajyayo kuko ari
ikipe ifite ubushobozi bwo kumuhemba no kumumenyera buri kimwe. Ikipe Messi azerekezamo nyuma yo gutandukana na FC Barcelona ni ikibazo abantu benshi bari kwibaza yaba ab'i Burayi, Amerika, Aziya, Afrika n'ahandi.
TANGA IGITECYEREZO