RFL
Kigali

Umunyamakuru Imfurayacu Jean Luc yagizwe umuyobozi kuri B&B FM-UMWEZI

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/08/2021 16:17
0


Jean Luc usanzwe ari umunyamakuru mu biganiro bya Siporo kuri B&B FM-Umwezi, yagizwe umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’iyi radiyo (Chief Operation Officer) iri mu zikurikirwa na benshi bakunda Siporo mu Rwanda.



Kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Kanama 2021, ni bwo ubuyobozi bwa B&B FM Umwezi bwatangaje ko Jean Luc Imfurayacu yagizwe umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’iyi radiyo ndetse bunamwizeza ubufatanye mu kazi ka buri munsi.

Ubuyobozi bw’iyi radiyo imaze umwaka ishinzwe, bwavuze ko uyu munyamakuru yahawe izo inshingano kuko ari umwe mu batangiranye n’iyi radiyo, bityo ko asobanukiwe neza indangagaciro n’intego bya B&B FM Umwezi.

Jean Luc Imfurayacu yagizwe Umuyobozi nyuma y’umwaka amaze atangiranye ibikorwa n’iyi radiyo nk’umunyamakuru ubwo yatangiraga kumvikana bwa mbere mu 2020, yerekejeho avuye kuri Radio10 aho yari asanzwe akora ibiganiro bya siporo.

Uyu munyamakuri ni umwe mu bamaze igihe kirekire akora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda, aho yanyuze ku bitangazamakuru bitandukanye birimo InyaRwanda.com na Radio/TV10.

B&B FM Umwezi yashinzwe ku bufatanye bw’ibigo bibiri ari byo; B&B Kigali Ltd ya Bagirishya Jean de Dieu [Jado Castar] na David Bayingana ndetse na Umwezi Media Ltd.

B&B FM Umwezi yibanda ku biganiro by’imikino ku kigero cya 80%, imyidagaduro, amakuru n’ibindi bitandukanye bigafata 20%.

Jean Luc Imfurayacu yagizwe umuyobozi kuri B&B FM Umwezi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND