Myugariro wakiniraga ikipe ya Marine FC Ndayishimiye Thierry ubu ntakibarizwa iburengerazuba bw'u Rwanda nyuma yo gusinyira Kiyovu Sport.
Ndayishimiye
Thierry yari amaze iminsi ashakishwa n'ab’amakipe atandukanye yo mu mujyi wa
Kigali harimo na As Kigali yamushatse mbere yo gusinyisha Rugwiro Herve. Kiyovu
Sport yari igishakisha umusimbura wa Ngando Omar werekeje muri Afurika y'Epfo,
amahitamo yabo rero akaba yaberekeje kuri Ndayishimiye Thierry wari umaze igihe
mu mutima w'ubwugarizi bwa Marine FC.
Thierry
uri imbere, ni umukinnyi mushya wa Kiyovu Sport
TANGA IGITECYEREZO