Inama ya komite Nyobozi ya FERWAFA yatangaje ko Shampiyona y'ikiciro cya mbere mu bagabo izatangira tariki 16 Ukwakira 2021, ndetse abakinnyi b'abanyamahanga bagirwa 5 mu kibuga.
Inama
ya komite ya FERWAFA kuri uyu wa mbere tariki 2 Kanama nibwo yicaye hamwe
igamije gusesengura ibitekerezo byatanzwe n'abanyamuryango ba FERWAFA mu nama
yari yarabaye tari 30 Nyakanga 2021.
Mubyo
bafasheho umwanzuro harimo ingingo ya 35 mu mategeko agenga amarushanwa
yavuguruwe, aho kuri ubu amakipe yo mu kiciro cya mbere mu bagabo yemerewe
gukora abakinnyi 5 b'abanyamahanga ku mukino aho kuba 3 nk’uko byari bisanzwe. Umukinnyi
w'umunyamahanga wese winjiye mu gihugu
agomba kuba atarengeje imyaka 30
cyangwa yaba ayirengeje akaba nibura yarakiniye ikipe y'igihugu cye mu myaka
3 ishize.
Gusa
iyi myaka ntabwo ireba abakinnyi b'abanyarwanda. Amakipe yo mu kiciro cya mbere
mu bagore yemerewe abanyamahanga 3, amakipe yo mu kiciro cya kabiri mu bagabo yo
yemerewe abanyamahanga 3 mu gihe amakipe yo mukiciro cya kabiri mu bagore nta
banyamahanga yemerewe.
Komite
Nyobozi Kandi yemeje ko shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda izatangira
tariki 16 Ukwakira 2021, ariko ivuga ko imyanzuro ijyanye n'igihe ibindi
byiciro by'amarushanwa ategurwa na FERWAFA bizatangirira izafatwa mu minsi iri
imbere.
TANGA IGITECYEREZO