RFL
Kigali

Indirimbo nshya ‘Besto’ ishingiye ku nkuru mpamo y’abasore 3 bagize itsinda Harmony yageze hanze

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/08/2021 14:53
0


Harmony ni itsinda ry’abasore 3, Babou, Hirpaty na Kuzn biyemeje guhindura umuziki binyuze mu bufatanye bwananiye abababanjirije nk’uko babivuga, bakaba bamaze gushyira hanze indirimbo yabo nshya bise ‘Besto’ ishingiye ku nkuru mpamo y’ubuzima bw’urukundo.



‘ Besto’, indirimbo nshya y’itsinda Harmony ikomeje kuryohera abatari bacye bamaze kuyumva mu gihe gito imaze, bakaba aba basore uko ari batatu bavuga ko baje gukora ibyananiye andi matsinda yo mu Rwanda bagakorera hamwe kugeza bagejeje umuziki wabo k’uho bifuza.

Babou, umwe mu bagize iri tsinda waganiye n’INYARWANDA yagize ati: “Mu gihe mu Rwanda hakomeje gusenyuka amatsinda twe ibyo nibyo tuje gucyemura tukaziba icyo cyuho kuko amatsinda yagiye atanga umusanzu ukomeye mu muziki nibyo twiyemeje kandi tuzabigeraho.”

Yongeraho ati: “Ndetse  kandi twe tuje guha abakunzi b’umuziki  uburyohe buruseho ku bwo bari biteze ku matsinda yabanje nka Babou, nka Hirparty nka Kuzn nka Harmony n’abafana bacu kimwe n’abazakomeza kudushyigikira bakunda umuziki mwiza bigomba kuba.”

Umuziki wa Harmony watangiye mu mwaka wa 2019 icyo gihe bakoze indirimbo yishimiwe n’abakunzi b’umuziki nyarwanda  bibatera umuhate wo gukomeza gukora n’izindi ndirimbo. Babou agaruka ku ndirimbo nshya yabo Besto yagize ati: “Besto ni inkuru y’urukundo aho inshuti zisanzwe umwe akunda undi nyamara undi we agakomeza kubifata nk’ibisanzwe.”

Akomeza agira ati: “Birakomeza ugasanga umwe yarananutse yarashizeho nyamara ibyo arimo bimeze nko kwandika ku mazi nk’uko abakunzi bacu babyumva, ishingiye ku nkuru y’ubuzima bw’urukundo kandi tuzakomeza gukora indirimbo nziza mu bihe biri imbere zishingiye ku nkuru mpamo.”

Mu gusoza agaragaza ko azi neza ko abanyarwanda bazabashyigikira kuko bakunda umuziki w’ubufatanye (amatsinda) kandi batangiye kubibona binyuze mu ba “subscribers” bamaze kugira kuri youtube, inshuro indirimbo zabo zirebwa bakaba basaba abantu gukomeza bakora “subscribe”, “share” bagasiga n’ibitecyerezo kuko inama ari ingenzi mu muziki.

Uretse rero kuri youtube bitwa Harmony n’ahandi hose ku mbuga nkoranya mbaga zinyuranye facebook twitter, instagram n’ahandi bitwa Harmony.

KANDA HANO WUMVE 'BESTO' INDIRIMBO NSHYA YA HARMONY 
  

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND