Tusker yo muri Kenya nayo yamaze kwikura muri iri rushanwa nyuma yo gutangaza ko igomba kubanza kwita kuri shampiyona.
Mu
gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nyakanga nibwo ubuyobozi bwa CECAFA
bwatangaje ko ikipe ya Tusker FC yagombaga guhagararira igihugu cya Kenya mu
mikino ya CECAFA Kagame Cup itakitabiriye iyi mikino. Yusu Mosi ushinzwe
amarushanwa muri CECAFA yatangaje ko imikino izabera kuri Benjamin Mkapa
Stadium na Azam Complex Chamazi. Yagize ati"ubu irushanwa rigiye gukinwa
mu matsinda abiri aho rimwe rizakinira kuri Benjamin Mkapa Stadium irindi rikinire
kuri Azam Complex Chamazi amakipe abiri muri buri tsinda niyo azakomeza muri
1/2."
Tusker FC yabivuyemo
Ikipe
ya Tusker FC yatangaje ko kubera ikiri muri shampiyona Kandi ibura iminsi 6
gusa, itabasha kwitabira CECAFA ahubwo igomba kurwana no kubona umwanya mwiza
muri shampiyona. Tusker FC ije isanga APR FC iheruka kwikura muri iri rushanwa,
ndetse na Simba SC yatangaje ko itazitabira CECAFA Kagame Cup hakiri kare.
Dore
uko amatsinda azaba ahagaze kuri iyi mikino izatangira tariki ya mbere Kanama
ikageza 14 2021
Itsinda
rya mbere:Young Africans (Tanzania), Nyasa Big Bullets (Malawi), Express FC
(Uganda), Atlabara FC (South Sudan) Itsinda rya Kabiri: KCCA FC (Uganda), Azam
FC (Tanzania), Le Messager Ngozi (Burundi), KMKM FC (Zanzibar).
TANGA IGITECYEREZO