RFL
Kigali

Mitima Isaac yagarutse mu Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:28/07/2021 16:31
0


Myugariro w'ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya Mitima Isaac ari mu Rwanda nyuma y'aho umuryango we ugiriye ibyago.



Nyumagariro w'inyuma mu ikipe ya Sofapaka Mitima Isaac yaraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri aho aje mu kiriyo cy'umuntu witabye Imana mu muryango we.


Mitima yagize ibihe byiza akinira Police Fc 

Mitima yari amaze igihe kigera ku mezi 10 atagera mu Rwanda nyuma yo gusinya amasezerano y'imyaka ibiri mu ikipe ya FC Sofapaka yo muri kenya avuye muri Police FC yari yaratijwe na APR FC. 

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda ubwo yari ari mu kato Isaac twamubajije niba azasubira muri Kenya adusubiza muri aya magambo yagize ati "Yego ibi bibazo by'umuryango nibirangira nzasubira muri Kenya kuko shampiyona irakomeje ubu dusigaje iminsi igera kuri 6 ngo shampiyona irangira urumva ko ari iminsi myinshi cyane. Wenda nzasiba imikino igera kuri 2 ariko indi isigaye ndashaka kuyikina nkasoza Shampiyona."


Mitima muri FC Sofapaka 

Ku bijyanye no kuba yagaruka gukina hano mu Rwanda, Mitima nabyo yagize icyo abivugaho yahize ati "Ndacyafite amasezerano y'umwaka na Sofapaka, kandi tuba tugomba kubahiriza amasezerano. Kuba nagaruka gukina hano mu Rwanda birashoboka kandi n'uyu mwaka byakunda ariko ubu ngomba kubanza nkasoza Shampiyona ya Kenya ibindi bikaza nyuma".


Mitima yerekeza muri Kenya 

Mu mikino 26 shampiyona ya Kenya imaze gukinwa Sofapaka iri ku mwanya  wa 12 n'amanota 30, Mitima akaba yarakunze gukoreshwa mu bwugarizi ndetse n'imbere ho gato aho bita kuri 6.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND