RFL
Kigali

P Diddy akomeje kwakira ibyamamare mu birori by’agatangaza muri Miami.

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/07/2021 8:53
0


Impeshyi yo mu nyubako ya Diddy ikomeje kumubera akataraboneka yakira ibyamamare mu birori bikomeye ategurira mu nyubako ye iherereye Miami ari nako yitegura gushyira hanze Album nshya.



P Diddy muri uyu mwaka akomeje kwakira ibyamamare byinshi by’inshuti magara, ibi bikaba bije nyuma y’aho icyorezo cya COVID19 kibaye nk’igicisha macye muri Amerika, n’ubwo hari amakuru akomeza kuvuga k’ubwandu bushya, ntibituma uburenganzira bwatanzwe butabyazwa umusaruro.Inyubako ya P Diddy yari yakijwe amatara atukura aha akaba ari mu bice bya Pisine

Mu nyubako ya Diddy mu gace ka Miami hari abantu benshi bitabiriye ibirori bya Diddy byari bikomeye nk’uko bigaragazwa n’amashusho akomeje gucicikana yerekana amatara y’umutuku, inzoga zihenze, umuziki w’urusaku rwinshi, aba Dj bakomeye bavangavangira umuziki abitabiriye mu buryo bw’akaraboneka.

Ibi bikaba byagiye hanze binyuze ku nkuta nkoranyambaga za P-Diddy yerekana ibihe byiza yagize ari kumwe n’abarimo Coway The Machine na Yung Miami. Ibi bikorwa by’ibirori byuje kwizihirwa bikaba bisa nk’aho byongeye kugaruka mu buzima bwa Diddy kuko nk’uko bitangazwa hateganijwe mu minsi iri imbere ibindi nkabyo mu gihe kandi arimo yitegura gushyira hanze Album nshya yitwa Off The Grid Vol 1.Ahantu hakaga nk’umuriro mu gihe ibirori byajyaga mbere Abari bitabiriye ibi birori babyinnye karaha

 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND