RFL
Kigali

Dore ibintu 6 abagore hafi ya bose bahisha abagabo babo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:21/07/2021 19:03
0


Buriya abagore ni ibiremwa byiza kandi bitangaje ku isi yose. Bafite ibintu bibatandukanya n’abagabo kandi mu buryo bugaragara. N’ubwo ariko batangaje baracyari abantu, bafite ibintu bitari byiza nk’abantu, bararakara cyangwa bakaba banakubabaza. Ibintu tugiye kukubwira hafi ya bose bakunda kubihisha abo bashakanye cyangwa abo bakundana.



Abagore hari ibintu baba bafite cyangwa bakora ku buryo baba batifuza ko hagira undi muntu ubibona, batitaye k’uwari we. Umuhungu namukunda mbese  bakaba begeranye azakora uko ashoboye abimuhishe cyangwa amuhishe icyo kintu kimwe atifuza ko kibonwa, kandi azabigeraho.

Impamvu uyu mugore cyangwa umukobwa agihisha ni uko atekereza ko uyu musore cyangwa umugabo nakibona aragira ibitekerezo bitandukanye n’ibya nyiracyo bikaba byanatuma havamo gushwana ku ruhande rumwe.

Gusa birasanzwe, ni imico isanzwe rwose. Uko byagenda kose, niba umugabo akunda umugore, azakora iyo bwabaga akomeze amukunde, icyo yabona cyose. Dore ibyo bakunda guhisha.

1.      Amasutiye atameshe

Isutiye ni akantu abadamu na bamwe mu bakobwa bakunda gukoresha cyane, ku buryo rimwe na rimwe gashobora kuburirwa isuku, kubera umwanya muto wa nyirako, bigatuma agakoresha uyu munsi, ejo n’ejo bundi kugeza igihe azabonera umwanya wo kukamesa atuje.

2.      Urwembe rushaje

Ubusanzwe abadamu cyangwa abakobwa bakunda kugira inzembe. Bakunda kuzihinduranya mu gihe bashaka kwiyogosha ku mibiri yabo. Akenshi iyo barangije kuzikoresha bazibika ahantu, ugasanga ziri hamwe kuko birabagora cyane guhora bagura inzembe.

3.      Utwo bakoresha basukura mu mazuru yabo

Buri wese agira isuku yo mu mazuru. N’ab’igitsina gore rero nabo ni uko, barabikora cyane. Batinya gusangira n’abandi bantu udukoresho two mu mazuru bigatuma baduhisha kure nta n’iyindi mpamvu. Nta n’ubwo baba bashaka kutubona ku karubanda cyangwa aho abandi batubona.

4.      Inshakwaha zitogoshe

Niba utarabona umukobwa mukundana yambaye akantu kamufunguye amaboko neza, uratekereza aba aguhisha iki ?Ahari nibyo akunda, niba ataribyo, burya ntabwo aba ashaka ko umubonera inshakwaha. Ahari ari gushaka umwanya ngo abanze azikureho abone yisanzure.

5.      Umuco wo kurya

Ntuzashukwe n’uko umukobwa mukundana cyangwa undi w’igitsina gore mwigeze musangira akunda kurya Salade gusa cyangwa ibindi. Nimuba muri kumwe ntabwo azemera kwishyira hanze, kuko atekereza ko bizamwicira umubano ariko uzatungurwa nimumara kubana.

6.      Umusatsi udasukuye

Bifata igihe n’umwanya munini gusukura umusatsi w’abagore, nta n’ubwo bizamworohera kuwusukura buri munsi. Hari ubwo azibagirwa akagenda atawusukuye, ariko nabyibuka uzabona ahindutse, ashake gutaha cyangwa ubone ntamahwemo afite, hari n’ubwo uzumva arimo kwivugisha ngo imisatsi yanjye ,……

Muri rusange, nta kiremwa muntu cyavuga ko gitunganye, buri wese agira ibitagenda neza. Ni nayo mpamvu n’imibanire y’abantu akenshi itagenda neza, kubera ko abo bantu bombi nabo ntabwo ari ba miseke igoroye. Kuba atari ba miseke igoroye rero ntibivuze ko urukundo rwabo rutakomeza imbere, kubera ko ‘Urukundo iteka ruhuza abantu bafite ibitagenda muri bo, ni nacyo kirukomeza’.

Inkomoko: Relrules






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND