RFL
Kigali

Coronavirus: Dore ibintu 3 by’ingenzi wakora mu gihe uwo mwashakanye yagaragaje ibimenyetso

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:20/07/2021 14:03
0


Coronavirus imaze kuba icyorezo gihangayikishije isi yose, ikomeza kugenda ikwirakwira hose ku isi gahoro gahoro. Abantu badafite ubudahangarwa buhagije nibo bazahazwa n’iki cyorezo cyatangiriye muri Wuhan mu Bushinwa mu kwezi kwa Ukuboza mu mwaka wa 2019.



Iyi nkuru iragufasha kumenya neza icyo wakora mu gihe umugore/umugabo wawe, ari kugaragaza ibimenyetso bya Coronavirus.

1.      Ba umufasha wa nyawe

Niba atangiye kugaragaza ibimenyetso menya ko ari bwo agukeneye cyane kurenza mbere. Umuntu urwaye Coronavirus ashyirwa mu kato kugeza akize. Muri icyo gihe ari mu kato, uwo muntu washyizemo aba ari kumva ari wenyine kandi yihebye. Urasabwa kuguma hafi y’inzira mugozi yawe, kugira ngo mujye muvugana cyane kandi buri mwanya kugira ngo atiheba cyangwa akagira ngo ari wenyine. Coronavirus irakira rero nta mpamvu yo guhangayika mu gihe wakoze ibyo wakabaye ukora.

2.      Wihangayika cyane

Ndabizi ko byoroshye kubivuga kurusha kubikora, gusa guhangayika ntacyo bifasha rwose. Muri ibi bihe uwo mwashakanye ari kugaragaza ibimenyetso ukwiriye kumuba hafi ukagabanya guhangayika akureba. Iki ni icyorezo isi yose iri gushakira umuti, rero nturi wenyine muri iyi ntambara ngo uhangayike. Umugore wawe/Umugabo wawe agiye gukira, ntugire ubwoba. Iki si cyo gihe cyawe cyo guhangayika ahubwo garagaza ubufasha bwawe.

3.      Iyiteho wowe ubwawe

Menya neza ko utibagiwe ubuzima bwawe, muri ibi bihe. Ubuzima bwawe ni ingenzi. Iteka ujye wibuka kujya uhora unywa amazi, ukaraba intoki, wambara ugapfukamunwa n’amazuru, wibuke gushyira metero hagati yawe n’abandi bantu bakwegereye. Kwirinda biruta kwivuza. Iyiteho wite no ku bandi. Muri ibi bihe, dukwiriye kujya hamwe, tugafashanya, tukarwanya iki cyorezo.

Inkomoko: Relrules






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND