RFL
Kigali

Iminsi ibaye 3 adasubiza ubutumwa bwawe ?! Kora ibi bintu niba atakwandikira

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:20/07/2021 16:55
0


Iteka iyo wakunze umuntu ukajya ukunda kumwandikira, iteka uba witeguye ko aragusubiza. Iyo amaze iminsi 3 ataragusubiza birakubabaza. Ese hari ikintu kibabaza nko gutegereza iminsi 3 utarabona “mesaje” (ubutumwa) y’uwo ukunda? Dore ibyo wakora.



Igihe cyawe wagihaye umuntu ndetse wowe wamaze kubishyira ku rundi rwego, uhora umwandikira ntagusubiza. Uribaza icyo wakora. Uribaza uti: “Ese nkore iki ? Yabaye iki ? Ahari urabona isi igiye kukurangiriraho. Ntampavu yo guhangayika, reka nkwereke icyo wakora.

KUKI ATARIMO KUNSUBIZA?


Ni izihe mpamvu zishoboka ziri gutuma atagusuza? Ese ni ikibazo? Abantu benshi batekereza ko ari amakosa yabo kuba batarimo gusubizwa. Ntabwo wakabaye ukora ayo makosa. Hari impamvu zishoboka zishobora gutera umuntu wandikiye kutagusubiza: Ashobora kuba ahuze kubera akazi cyangwa akaba afite ikibazo gikomeye ari kwitaho. Ahari inziramugozi ye yagize ikibazo, arimo gushaka uko yagura indi, kandi ntabyo uzi. Hari ibindi byinshi bishobora kubitera, none icyo gihe wakora iki ?

1.      Ntihagire ikintu na kimwe ukora

        Ntihagire ikintu ukora. Wakoze urwawe ruhare rero mureke nawe azagusubiza.

2.      Tekereza ko yahuye n’ikibazo gikomeye

Ahari yahuye n’ikibazo gikomeye kandi nta n’ikindi kintu yakora. Wowe rero ita ku bintu by’ingenzi mu buzima bwawe, umureke.

3.      Shyiraho igihe ntarengwa cyo gutegereza

Ntabwo wategereza iteka ryose. Niba amaze icyumweru atakwandikira ongera umwandikire indi niba bikikurimo, gusa niba bitakikurimo mureke wikomereze ubuzima.

INAMA: Ntabwo umuntu akwiriye gutuma utegereza cyane, ngo akwigarurire. Ibi bikunda kuba ku bantu bafite imyumvire yabo. Ahari muzongera muhure cyangwa uhure n’undi. Uwawe aragutegereje hariya hanze, kandi mugiye guhura. Ikibazo ni wowe, mbere na mbere banza utegereze. Ntuzarizwe n’umuntu udashaka kugusubiza, mureke.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND