RFL
Kigali

Komite ya Musanze FC yatewe ikinya n'ubuyobozi bw'Akarere

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:6/07/2021 17:57
0


Mu gihe kitagera ku cyumweru Musanze FC itakaje abakinnyi 2 kandi bigenzi mu gihe byashobokaga ko ibagumana, ariko kubura ubavugisha bituma bigendera, ndetse na Komite y’ikipe iguma mu mwanya wo gutegereza ibukuru.



Mu ikipe ya Musanze ntabwo ibintu bihagaze neza hagati ya komite Nyobozi ndetse n'ubuyobozi bw'akarere ka Musanze FC iyi kipe ibarizwamo. Amakuru agera ku Inyarwanda avuga ko bamwe mu bagize komite ya Musanze FC baba barabwiwe n'ubuyobozi bw'akarere ko nta kintu bagomba gukora batabanje guhabwa uburenganzira, ari nabyo biri gutuma hari abakinnyi bari kwigendera ndetse kugeza ubu ikipe ikaba nta n’umutoza ifite.


Ndoli Jean Caude akigera i Musanze 

Ndoli Jean Claude yari umuzamu wa mbere muri Musanze FC ibarizwa mu majyaruguru y' u Rwanda, gusa aherutse gutandukana n'iyi kipe aho yasinye muri Gorilla FC imaze umwaka mu cyiciro cya mbere. Bidatinze kuri uyu wa kabiri mu gitondo, nibwo hamenyekanye amakuru yemeza ko Twizerimana Onesme yamaze kumvikana na Police FC kuzayikinira mu gihe kigera ku myaka 2.

Komite ya Musanze FC igizwe na nde?

Musanze FC iyobowe na Tuyishimire Placide ufite abungiriza 2 aribo Rwabukamba JMV na Rwamuhizi Innocent, umunyamabanga wayo akaba Rutisheraka Makuza Jean ndetse na Terozoriye Mutabazi Moses. Mu gihe umuyobozi w'akarere ureberera ikipe mu buzima bwayo bwa buri munsi ari Gitifu wa Akarere bita Bagirishya Pierre Claver.


Tuyishimire Placide ubwo yasinyishaga umutoza Seninga Innocent 

Iyi Komite yose bivugwa ko uyu Gitifu w'Akarere Bagirishya yaba yarayisabye ko nta gikorwa na kimwe kigendanye n'ikipe bagomba gukora nta burengenza ndetse n’ibiganiro bibayeho.

Umwe mu bagize Komite ya Musanze FC avuga ko uyu Bagirishya ariwe uri inyuma yo kuba ikipe na nubu nta mutoza ifite kuko yababwiye ko kugira ngo ikipe yongere kuzana umutoza bizasaba ibiganiro byimbitse kandi birenze ibyabagaho mbere.

Ubwo Inyarwanda yaganiraga na Bagirishya yamubajije ku makuru y'ikipe nk'umuntu uyiba hafi ku ruhande rw'akarere, adutangariza ko amakuru nyakuri afitwe na Komite ko bo ari nk'abanyamuryango, nta kintu kirenze bazi. Twakomeje tumubaza ku makuru avuga ko baba barabujije Komite kugira icyo ikora batabiganiriyeho avuga ko ataribyo. Yagize ati "Twebwe Akarere nk'umuterankunga, icyo twavuze ni uko dushaka ko bazajya baba {komite} tukajya inama, tubabwire tuti dore ingengo y'imari dufite ni iyi, dore ibyo mwashingiraho n’ibi, ibindi mubyikorere ijana ku ijana. Ariko ntago twababwira ngo mwirukane uyu muzane uyu kuko ibyo ntabwo twabimenya."


Ku bijyanye no kuba barabujije Komite kuzana umutoza mukuru, Bagirishya yavuze ko atari ko bimeze. Ati "Oya ntabwo ikibazo ari umutoza twebwe twababwiye ko bagomba kugura umutoza bagendeye ku bushobozi buhari. Ntabwo ikibazo ari umutoza cyangwa umukinnyi, ahubwo icyo twabasabye ni ugukoresha ubushobozi buhari, ibyo bakora byose babanze batubaze natwe tubereke ubushobozi buhari noneho nabo babuhereho bakora ibiri mu nshingano zabo."

Musanze FC umwaka ushize w'imikino yakoresheje Miliyoni zisaga 200 z'Amanyarwanda, mu gihe ingengo y'imari igenewe iyi kipe, Akarere kari katanze Miliyoni 80. Muri gahunda nshya y'imiyoborere y'amakipe y'uterere, hagomba kuba hari Komite ishinzwe ikipe ikajya intanga gahunda z'ibyo ikipe ikeneye. Bivuze ko Akarere ka Musanze iyo gatangira kugira inama Komite ibyo ikora mbere, umwaka ushize Musanze yari kugura abakinnyi ndetse n'umutoza mu bushobozi butari gutuma Miliyoni 80 zatwanze zihungabanywa. Ndetse n'akarere kakabereka uko zakoreshwa zigasoza umwaka w'imikino, ibintu abakurikiranira hafi iyi kipe bemeza ko aribyo byitezwe mu myaka iri imbere.


Komite ya Musanze umwaka ushize yaguze abakinnyi n'umutoza bahagaze hafi miliyoni 60 

Ese Musanze FC yaba igiye kunaniza n'iyi gahunda nshya yinjiye mu miyoborere?

Kuva mu myaka 3 ishize, muri shampiyona y' u Rwanda amakipe 5 y'uturere amaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri harimo abiri aheruka kumanuka muri uyu mwaka. Iyo urebye amenshi muri yo azira amikoro macye kandi harimo ayatangaga amafaranga angana n'ayo Akarere ka Musanze kagenera ikipe.

Mu myaka yatambutse twavuga ko Musanze FC na Mukura makipe yagiraga imbaraga ariko Mukura yo bikanga ikavugwamo ikibazo cy'amikoro. Musanze FC ifite umuyobozi uyifasha mu buryo bw'amafaranga ariko amakuru ahari ni uku uyu munyemari Tuyishimire Placide na we ashobora gucibwa intege n'iyi gahunda agasa naho asubiye imyuma mu myanzuro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND