RFL
Kigali

West Brinton wavuye i Rubavu n’amaguru akagera i Kigali kubera indoto z’umuziki yasohoye indirimbo nshya ‘Shopping’

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:26/06/2021 16:09
0


Umuhanzi wese aba afite urugendo n’inzira yanyuzemo zigoranye kubera urukundo akunda muzika. Umuhanzi West Brinton wagenze ibilometero byinshi akagera i Kigali gukora muzika yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Shopping’.



West Brinton aganira na InyaRwanda, yatangaje uburyo urukundo rwa muzika rwatumye ava mu karere ka Rubavu akaza i Kigali n’amaguru aje gushaka umuntu wari wamwemereye kumuha ubufasha muri muzika akamukorera indirimbo kuko yari yamwumvisemo impano.


Uyu muhanzi iyo ari kukubwira inkuru ye ushobora kutabyemera ko yavuye mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rubavu akagera mu murwa wa Kigali. West Brinton amaze gukora indirimbo 2 arizo ‘My Style’ na ‘Shopping’ yakoranye n’umuraperi Ostrish Rumasha.


Brinton arashima Imana ko muzika ari kugenda ayikora kandi akizera ko bisagera ku yindi ntera. Ubu ni umusore uba muri Kigali unambika abantu imyambaro igezweho kuko acuruza imyenda. Indirimbo ye ‘Shopping’ irimo amagambo y’urukundo. Yemeza ko uwo ukunda hari igihe biba ngombwa ukaba wajya kumugurira umwambaro ugezweho.

Kanda hano wumve ‘Shopping’ by West Brinton


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND