RFL
Kigali

Intambara y'umunsi: Ni Ronaldo cya ni Mbappe? Urukundo no kwemerana bigiye gushirira mu kibuga

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:23/06/2021 15:02
0


Ni umukino wibutsa abantu uwabaye mu 2016 ubwo Portugal yatsindaga Ubufaransa nta n'umwe wabahaga amahirwe, Portugal igatwara igikombe cy’uburayi na n'ubu yaje kureba ko yakisubiza.



Ubwo Portugal yatsindwaga n'u Budage mu mukino w'umunsi wa Kabiri mu matsinda mu irushanwa riri kuba muri iyi minsi rya Euro2020, byasize inyota ikomeye y'amanota kuri Portugal na Cristiano Ronaldo. Portugal igomba kwitwara neza imbere ya Abafaransa kugira ngo bazamuke mu itsinda bemeza abantu ko aribo babitse igikombe cy'uburayi giheruka mu 2016.


Mbappe umukinnyi wo kwitega muri iri joro 

Portugal iri mu ntangiriro nk'izo yarimo ubwo yakinaga amatsinda mu 2016 yazamutse mu makipe yitwaye neza ariko yarabaye aya gatatu kuko yazamutse mu itsinda F iri ku mwanya wa 3 n'amanota 3.  Ubufaransa buramutse butsinze, Portugal yagumana amanota atatu ndetse yayishyira ahabi mu gihe yaba yatsinzwe ibitego by'ikinyuranyo cyo hejuru y'igitego kimwe.


Ronaldo umukinnyi wo kwitega muri iri joro 

Abakinnyi bo kwitega muri uyu mukino:

Mbappe ukunze kwigaragaza nk'umufana mukuru wa Ronaldo, yabyutse yerekana ndetse anasubiramo imvugo akunze kugaragara ko afana Ronaldo. Kuri uyu munsi hitezwe kureba umukinnyi uza kuganza undi hagati y'aba basore babiri yaba Cristiano Ronaldo uri kubyina avamo ndetse na Mbappe ushaka kuzasimbura Ronaldo ku ruhando mpuzamahanga. Ubwo aya makipe aheruka guhura, Mbappe yari akishakisha ndetse yumva Ronaldo nk'umuntu wa kure.


Abandi bakinnyi bo kwitega ni Paul Pogba na Bruno Fernandes aba bakinnyi bose byitezwe ko baza guhanganira mu kibuga hagati n'ubwo basanzwe basenyera umugozi umwe muri Manchester United.

 Ese usibye u Bufaransa bwabonye tike, Portugal yo irasabwa iki?

Gutsinda cyangwa kunganya byemerera Portugal guhita ibona tike ya 1/8 kuko inganyije yahita igira amanota 4 kandi mu makipe ya gatatu hari abiri afite amanota 3.


Eder igitego yatsinze ni cyo cyahesheje igikombe Portugal mu 2016 

Portugal iramutse itsinzwe na Abafaransa ikinyuranyo kitari hejuru y'igitego kimwe ni ukuvuga ibitego 2-1, 3-2, 8-7, nabwo Portugal yakomeza kuko yasigara nta gitego izigamye ndetse nta n'umwenda irimo kandi ikagumana amanota 3, mu gihe mu makipe yabaye aya gatatu afite amanota 3 yose yarangije imikino kandi afite umwenda w'ibitego. Ibi byose twavuze ntacyo byahungabanywaho n'umukino wa Abadage na Hungary.

Mu mikino 6 iheruka Ubufaransa bumaze gutsindamo 5 banganya umwe mu gihe Portugal imaze gutsinda itatu banganya ibiri batsindwamo umwe w'ejo bundi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND