RFL
Kigali

Shampiyona igihe izarangirira cyahindutse, umukino wa Rayon Sports na Rutsiro FC uhabwa umunsi mushya

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:21/06/2021 14:24
0


Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu bagabo yagombaga kurangira kuri 24 Kamena none yigijwe inyuma ho iminsi 4.



Kubera Gahunda ya Leta yo kurwanya Covid-19, Akarere ka Rubavu kashyizwe muri 'Guma mu karere' byatumye amakipe nka Rutsiro, Marine na Etincelles bitari bigishobotse ko akinira muri aka karere byatumye hari imikino isubikwa ndetse bigira n'ingaruka ku gihe shampiyona yagombaga kurangirira.

Shampiyona yari iteganyijwe ko izarangira tariki 24 ku makipe arwana no kutamanuka, hanyuma amakipe ashaka igikombe cya Shampiyona aka ba yaragombaga gusoza imikino yabo tariki 23 Kamena. Imikino y'ikirarane izakinwa kuri uyu wa kabiri harimo umukino Etincelles igomba kwakira As Muhanga, kuri sitade Ubworoherane i Musanze, Rutsiro FC nayo yakirire Rayon Sports i Bugesera.


Ku nshuro ya kabiri yikurukiranya, APR FC ishobora guterurira igikombe i Huye 

Tariki 25 Kamena ni bwo ikipe izatwara igikombe izamenyekana, ni nabwo imikino y'umunsi wa nyuma izakinwa. Iyi mikino nta n'umwe uzabera muri Kigali kuko Marine izakirira Bugesera i Musanze, APR na Rutsiro FC zihurire i Huye, As Kigali yakirire Police i Muhanga Rayon Sports nayo ikine na Espoir bahurire i Bugesera.

Naho tariki 28 Kamena ni bwo imikino y'umunsi wa nyuma ku makipe arwana no kutamanuka izakinwa duhite tunamenya amakipe azamanuka mu cyiciro cya kabiri.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND