RFL
Kigali

Peter Kamasa ni we wagizwe umutoza mukuru wa Kirehe Volleyball

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:12/06/2021 3:26
0


Peter Kamasa wigeze kuba umutoza wungirije wa REG Volleyball Club ni we wabaye umutoza mukuru wa Kirehe Volleyball Club ahita anatangiza imyitozo.



Kirehe Volleyball Club ibarizwa iburasirazuba bw'u Rwanda, yari imaze iminsi nta mutoza mukuru ifite, mu gihe rero habura igihe gito ngo shampiyona itangire ikaba yahisemo kuzatozwa na Peter Kamasa, watoje REG Volleyball Club ari umutoza wungirije mu 2018-2019, akanaba umutoza mukuru wa RRA WC 2016-2017, kugeza mu 2019 kandi akaba yari umutoza wa RwandAir VC.


Kamasa wegereye amazi! hano yari  acyungirije muri REG 

Nyuma yo gusinya uyu mutoza wigeze no kubaho umukinnyi wa Volleyball hano mu Rwanda, yahise atangiza n'imyitozo aho imyitozo ye ya mbere yabereye i Nyakarambi.


Peter Kamasa ukigerageza 

Peter Kamasa yasinye amasezerano y'umwaka umwe ariko ashobora kongerwa mu gihe yaba agaragarije abatuye ibice bya Nyakarambi umusaruro mwiza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND