Mu ndimi zose zo ku isi, kubwira umuntu ngo ndagukunda bitanga amarangamautima amwe. Rimwe na rimwe abakundana bashakisha mu ndimi z’amahanga bagakuramo amagambo meza bakoresha bakabwira abo bakunda mu rwego rwo kubatungura. Chou cyangwa Chou Chou rikunze gukoreshwa buhumyi na benshi ariyo mpamvu twahisemo kuribabwira ho muri make.
Uyu munsi abantu benshi bari gukoresha ijambo Chou chou,
abandi bakongera ho ‘Bae’ bakavuga ‘Chouchou Bae’ cyangwa bakavuga Chou gusa, nyamara
abenshi mu bo bayita abandi ntibazi neza n’igisobanuro cyayo ariyo mpamvu tugiye
kugufasha kumenya inkomoko y’iri jambo, n’icyo risobanuye mu buryo bumwe
cyangwa ubundi.
Mu nkoranyamagambo y’igifaransa basobanura ijambo
‘Chouchou’ nk’umuntu urenze abandi mu kugukurura. Umuntu ukurura abantu, umuntu
umariraho amarangamutima yawe yose uwo niwo wibise Chouchou. Ufashe ijambo
‘Chou’ ubwaryo rishobora gusobanura uruboga rw’amashu cyangwa rigasobanura,
umwiza (Cute), uburyohe bw’umutima wawe (Sweet Heart) cyangwa umukunzi wawe
(Darling), aya yose ni amagambo asobanura ijambo Chou chou cyangwa Chou ku bantu
barikoresheje babwirana bo ubwabo.
Uburyohe cyangwa Sweetie mu rurimi rw’Icyongereza ni ijambo
rikunda kuvugwa n’abakundana cyane, gusa iri jambo urigereranyije n’igisobanuro
cyaryo, Chou cyangwa Sweetie wasanga ari ikintu kiryoherera kandi nta muntu
umenya ko ikintu kiryohereye neza atarakiriyeho, ari nayo mpamvu
iri jambo rikunze gukoreshwa n’abantu bataziranye bataranashakana bigafatwa nk’ibirigukoreshwa
buhumyi.
Kugeza ubu abantu benshi basigaye bakoresha iri jambo
nyamara benshi bakarikoresha bazi ko ari ibintu bisanzwe nyamara ushobora
kuribwira umuntu ukamukomeretsa mu gihe mwaba mudahuje igitsina cyangwa agahita
yumva ko umukunda kandi wikiniraga. Si byiza kwita umuntu CHOU nyamara
mudakundana cyangwa mutarigeze kuryamana kuko uba utamuzi neza.
Source: Google, Thelocal
TANGA IGITECYEREZO