Musanze itsinze As Kigali ariko ntibyari bihagije ko yerekeza mu cyiciro cy'amakipe ashaka shampiyona.
Imikino 6 yo mu matsinda yarangiye yasize amakipe 4 yo mu itsinda C na D ariko akomeje mu cyiciro gikurikiraho.
Mu Itsinda C, As Kigali yatsinzwe na Musanze ku mukino bari bakiriye ibitego 2 kuri kimwe ibitego byatsinzwe na Samson Irokan Ikechukwu na Niyitegeka Idrissa, As Kigali itsindirwa na Aboubakar Lawal, mu gihe Etincelles yaguye miswi na Police igitego 1-1 ibitego byatsinzwe na Antoine Dominic, Etincelles itsindirwa na Hassan Djibrine.
Amakipe yazamutse ni amakipe 2 yo mu mujyi wa Kigali, ariyo As Kigali yazamutse iyoboye itsinda n'amanota 12, Police izamuka ari iya 2 n'amanota 10, mu gihe Musanze na Etincelles zazinze ibikapu zikerekeza mu mikino y'amakipe 8 arwana no kutamanuka.
Musanze yihoreye ku kibuga cya Mumena
Mu itsinda D, Mukura yongeye gutsindwa umukino yari yakiriye kandi ari uwa nyuma, umukino yatsinzwe na Marine ibitego 2-1 bya Mugenzi Bienvenue na Hakizimana Felecien Mukura itsindirwa na Munezero Dieuedone. Espoir FC inganya na Sunrise igitego 1-1.
Marine yazamutse ari iya mbere n'amanota 13, Espoir FC izamuka ari iya 2 n'amanoya 10 Sunrise na Mukura zizinga ibikapu zerekeza mu irushanwa ry'umusaraba aho zigiye guhangana no kutamanuka.
Indi mikino isoza amatsinda A na B izaba ku munsi w'ejo Gorilla yakira APR FC As Muhanga yakira Bugesera FC naho Rayon Sports ihura na Gasogi United Rutsiro yakirwa na Kiyovu Sport.
TANGA IGITECYEREZO