RFL
Kigali

Agashya! Hakozwe inkweto zifite amaso n’ubwenge zizajya zambarwa n’abafite ubumuga bwo kutabona bakamenya ibiri imbere yabo nibura muri Metero 4-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:8/05/2021 13:15
0


Imyaka n’imyaniko irihiritse, abafite ubumuga bwo kutabona bitabaza inkoni yera ibayobora mu rugendo, ubu noneho hakozwe inkweto zitangaje zifite amaso yewe n’ubwenge bw'ubukorano aho zizajya ziyobora uzambaye, zikamufasha kumenya ibiri imbere muri metero 4.



Isosiyete ya Tec-Innovation yo muri Otirishiya (Austria), niyo yakoze aka gashya, ikaba iherutse gushyira ahagaragara inkweto zifite ubwenge bw'ubukorano mu gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutabona, zakozwe n’umugabo uzwi nka InnoMake. Izi nkweto zirimo utuntu tumeze nk’amaso 2, areba imbere ku buryo ahari imbogamizi zihabona.


Izi nkweto zifite amaso, iyo umuntu uzambaye ahuye n’undi muntu, zirasona zikamubwira ko ari umuntu, yaba agiye kugonga igikuta zikamuhagarika. Akarusho kandi biba byiza iyo uzambaye afite telefone ikoresha Bluetooth kuko nazo zifite Sisitemu ya Bluetooth, zihuzwa na Telefone hanyuma zikajya zitanga amakuru ku mbogamizi, uzambaye akumva telefone imusabye ko ahagarara cyanwa akamenya icyo ahuye na cyo.


Markus Raffer, umwe mu bashinze Tec-Innovation, yabwiye TechXplore ko ibyuma bya Ultrasonic ari byo biri ku mano yinkweto aho byereka umuntu utabona inzitizi agiye guhura nazo. Izi nkweto zerekana ibiri imbere y'umuntu nibura muri metero 4. Izi nkweto kandi iyo bwije zicana amatara ku buryo zibona neza ibiri imbere zikabwira uzambaye ikijya mbere.


Izi nkweto zifite amaso 2, iyo bwije zicana itara

 
Izi nkweto kandi ntabwo zitinya amazi ngo akuma kariho kabe kapfa





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND