RFL
Kigali

Mu 2020 abantu Miliyoni 8 barapfuye kubera itabi rinatera Isi igihombo cya Tiriyali $1.8 buri mwaka! Igiciro cyaryo kigiye gutumbagizwa mu kuziba icyuho cya Covid-19

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:15/04/2021 12:08
0


Raporo yasohowe n’Umuryango w'Abimbubye binyuze mu ishami rishinzwe ubuzima OMS irerekana ko itabi riri mu bintu bihitana abantu benshi ku Isi ndetse rikanateza Isi igihombo kinini cyane. OMS ivuga ko Covid-19 yateje Isi igihombo ndetse ko nta muti wo kugabanya iki gihombo uretese gutumbagiza umusoro w’itabi.



Muri iyi nyandiko yasohotse ku rubuga rwa OMS/WHO kuwa 12 Mata 2021, igaragaza ko itabi rihombya abatuye Isi ku kigero cyo hejuru ndetse bikagera n'aho kibahombya agera kuri Tiriyali $1.8. Iyi nyandiko ivuga ko ibibazo by’ubukungu Isi irimo kubera Covid-19 nta kabuza iyi gahunda yo kongera imisoro ku itabi izazahura ubukungu ndetse bikanafasha abayituye kugira ubuzima bwiza.

                             

Ubutumwa bwa OMS/World Health Organization yanyujije kuri Twitter 

“Iyi raporo yashyizweho hagamijwe gutanga amakuru kugira ngo ibintu bimenyekane, bigaragare ndetse duhe n’umukoro ku batanga amategeko, abagenga imali, ibigo bigenga imisoro, abagenga umutekano w’ibyinjira n’ibigenda bisohoka mu bihugu bitandukanye ndetse n’abandi bagenda gahunda zose zijyanye n’imisoro y’itabi mu bihugu bigiye bitandukanye” Jeremias N. Paul Jr ukora mu Muryango w'Abibumbye mu ishami ry’ubuzima (OMS/WHO) mu gace ka Health Promotion Department agaruka kuri aya mabwiriza mashya agiye gutangira vuba.

Uyu muyobozi yunzemo agira ati ”Turizera ko iyi nyandiko isobanutse ndetse inerekana inyungu ziri mu kuzamura umusoro w’itabi! Amakuru yose yatanzwe ashobora kuba urufunguzo kuri buri wese uri mu bazashyiraho amategeko y’ishyirwa mu bikorwa by'aya mabwiriza”.

Muri iyi nyandiko uyu muyobozi avuga ko atari impamvu yo kuzahura ubukungu gusa ko ahubwo ari n’uburyo bwo kurinda ubusugire bw’ubuzima, anavuga ko mu mwaka washize abahitanwe n’indwara ziterwa n’itabi bageze kuri Miliyoni 8.

Abagera kuri 14% ku Isi bafite ubushobozi buhagije bwo gusorera itabi nta kibazo bifuze ko akagera kuri 86% ntabwo bafite. Ahagana mu mwaka wa 2018 ibihugu 38 ni byo byari bifite ubushobozi bwo kwishyura neza imisoro y’itabi.

Nk'uko bigaragazwa n'iyi nyandiko ya OMS ivuga ko mu gihe hazabaho kwiyongera ku musoro ukagera kuri 75% by’ikiguzi cy'itabi bishobora kuzaca intege benshi bikabatera kurireka bityo za Tiriyali zashorwaga mu kuvuza abazahajwe naryo zigakoreshwa mu bindi.

Mu gihe aya mabwiriza azatangira kubahirizwa ntabwo uruganda cyangwa igihugu runaka bizaba byemerewe kwishyiriraho ibiciro byacyo. OMS ivuga ko mu gihe ibi bizatangirira gushyirwa mu bikorwa, izaba ari intsinzi ku batuye Isi haba mu bukungu ndetse no mu buzima buzira kidobya.

Ku rundi ruhande OMS ivuga ko iki gitekerezo ari inyamibwa ndetse ko kiziye igihe kandi ko ubukungu buzazahuka ndetse n’abatuye Isi bakagira ubuzima bwiza buzira indwara zitandura ziganjemo izitagira ibimenyetso kuko inyinshi muri zo zihitana abantu harimo abaziterwa n’itabi.

Src: WHO (World Health Organization) 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND