RFL
Kigali

Rubavu: Urubyiruko umucyo w’ejo hazaza! Yasin Hamd, Jojo na Liliane bibukije urubyiruko rw’ubu ko ejo hazaza h’u Rwanda hari mu biganza byarwo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:8/04/2021 16:03
2


Umubare munini w’urubyiruko rw’u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga nk’ihahiro rw’amakuru atandukanye, akenshi ugasaga amakuru ruhakura araruyobya. Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, rwatekereje amafoto rurayifotoza ruyaherekezanya ubutumwa rwageneye urubyiruko muri ibi bihe byo #Kwibuka27.



Yasin Hamad, Jojo na Liliane ni bamwe mu rubyiruko rukora umwuga wo kumurika imideri, kubyina imbyino za Kinyarwanda,.. Uru rubyiruko rwaricaye rutekereza amafoto afite igisobanuro gikomeye ndetse akaba yatanga n’isomo risobanura umumaro w’urumuri mu rubyiruko rw’u Rwanda. Nyuma yo kugira iki gitekerezo aba batatu bagiye kuyifotoza barangije bayaherekeresha ubutumwa buhumuriza abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri ubu butumwa bagize bati ”Urumuri rw'icyizere, ejo hazaza h’u Rwanda. Urubyiruko ni twe dutegerejweho kubaka u Rwanda, nitwe dutegerejwe ho guteza imbere urwatubyaye. Mu 1994 u Rwanda rwaranzwe n’umwijima w’icuraburindi aho imitima y’abantu yari yuzuyemo urwango no kutanyurwa bigatuma umwijima ubona inzira winjiriramo. Ibyo byagejeje u Rwanda ahantu hatari heza ku buryo twabuze abantu Miliyoni nyinshi cyane bari bafitiye igihugu akamaro".

Yasin Hamd na Liliane 

"Twe rero twafashe aya mafoto mu rwego rwo guhanura urubyiruko rugenzi rwacu ko ejo hazaza hari mu biganza byacu kandi tugomba kuhubaka twebwe ubwacu, tubinyujije mu gucana urumuri mu mutima yijimye. Ku mbuga nkoranyambaga niho akenshi dusanga inyangarwanda nyinshi, rero turasaba urubyiruko twese hamwe dufatanye duhashye kandi twigishe abafite ibitekerezo bisenya. Dusenye ingengabitekerezo aho iri hose".

"Ababohoye u Rwanda baduhaye inzira nziza batubohora bafatanyije n’Imana, natwe rero reka dukorere hamwe dukoreshe izo mbuga abasenya banyuraho tubigishe kandi tubacyahe, maze uyu mucyo mubona twifashishije uve mu magambo ujye mu bikorwa bitunyuzeho”.

Liliane yongereye ko ubusanzwe mu minsi isanzwe urubyiruko rwinshi rutuye mu mijyi akenshi, rukunze kwihuriza hamwe rukajya kwifotoza amafoto asanzwe rukwiriye no kubigira umwihariko muri ibi bihe rukora amafoto afite ibisobanuro byimbitse na cyane ko umuhanga yavuze ko ifoto imwe ivuga kurusha amagambo ibihumbi byinshi".

"Mu Rwanda habaye amahano kandi nk’urubyiruko rw’u Rwanda turifuza ko atazongera ukundi, mu gihugu cyacu. U Rwanda rumaze gutera imbere kandi amaboko y’abagituye niyo azakomeza kurwubaka. Imiryango yabuze abayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yihangane kandi ikomere. Twibuke twiyubaka".


 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Yasin Hamad3 years ago
    https://youtu.be/7EHhWfFa0nM Jye N'urubyiruko Twishize hamwe Twifuje kubasangiza Ubuhanzi bwacu jye Nfasha urubyiruko rurenga 200 Kumpano rwifitemo kugirango ruyiteze imbere Ibi nibimwe mubyo dukora Ntuye Muntara Yiburengerazuba Akarere ka Rubavu Umurenge Wa Gisenyi Mukeneye ibindi bisobanuro No whatsapp 0785799023 @Maroon_TvRwanda This is the Light Light Of The Numbers The Light Of The Life The Rwandan🇷🇼 Spirits Has Never Die Remember~Unite~Renew
  • Mocha coffee shop3 years ago
    Dukwiye kwimakaza umuco nyarwanda duhashya cyane abapfobya genocide yakorewe abatutsi tubinyujije kumbuga nkoranya mbaga nahandi hose hashoboka ndashimira cyane aba bana bagize iki gitekerezo ahubwo abashora mari dukwiye kwita kuraya mafoto yabo tukayazamura muburyo bufatika.yewe byaba ngombwa tukabatera ninkunga agakoreshwa mu kwamamaza ibigo runaka murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND