RFL
Kigali

#Kwibuka27: Bazahora bibukwa mu musanzu wabo mu muziki Nyarwanda; Rugamba Sipiriyane, Karemera Rodrigue, Bizimana Loti n’abandi

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:9/04/2021 8:02
0


Umuhanzi arapfa ariko igihangano cye kiguma ari urwibutso ku bacyumva ibinyejana bigashira ibindi bigataha. Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatwaye ubuzima bw’abasaga Miliyoni b’ingeri z’itandukanye, Abasaza n’abakecuru, Abagabo n’abagore, abana bato n’ibibondo, abahanzi n’abakinnyi, bose bazahora bibukwa iteka.



U Rwanda n'inshuti zarwo bibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi, buri mwaka, kuva Tariki 7 Mata - akaba ari  igikorwa  kimara kimara iminsi 100. Umuziki Nyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye guta umwimerewe no kuvanga imico mu bihangano, ibi byatewe n’uburyo abahanzi bari bafatiye runini umuziki nyarwanda bari bamaze kwicwa.


Rugamba Sipiriyani n'umugore we

Iyo wumvise ibihangano bya Banyakwigendera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, barimo Rugamba Sipriyani, Sebanani Andre, Bizimana Loti n’abandi usanga ubutumwa batangaga butandukanye n’ubw'abahanzi b’iki gihe ibihangano byabo biharurukwa. 

Biragoye cyane gusanga hari umuntu udakunda indirimbo za Karahanyuze, nta kintu bazikundira, usibye kuba zirimo urusobe rw’amagambo yuje ubuhanga n’ubwenge adatandukira ku muco w’Abanyarwanda wumvamo ibicurangisho gakondo nk’amashyi n’umudiho nk’igicumbi cy’umuco.

Abahanzi bazize Jenoside yakorewe  Abatutsi ni benshi cyane ariko reka twibuke bamwe muri aba bahanzi bari ibikomerezwa mu gihe cya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bakaza kwica muri Jenoside.

Rugamba Sipiriyani     

     

Rugamba Sipiriyan, yari umuhanzi wari ukunzwe kugeza magingo aya ibihango bye biracyakoreshwa n’Abanyarwanda, azwi cyane mu ndirimbo nyinshi hamwe n’Amasimbi n’Amakombe. Uyu muhanzi yishwe  muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Sebanani Andre


Iyo uvuze izina Sebanani Andre benshi bamwibuka muri Orchestre Impala, yari umucuranzi n’umuririmbyi, yari azwi no mu ikinamico kuri Radio Rwanda aho yakinaga mu itorero Indamutsa, azwi kandi mu ndirimbo zitandukanye harimo ‘Karimi ka shyari’, ‘Mama Munyana’ n’izindi.

Bizimana Loti

Indirimbo zirimo ‘Nsigaye ndi umuzungu’ na ‘Nta munoza’, ni iza Bizimana Loti, uyu muhanzi na we yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Karemera Rodrigue


Karemera yari umuhanzi wakundwaga cyane, yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nyakwigendera azwi mu ndirimbo ‘Kwibuka’, ‘Ubarijoro’ n’izindi.

Murebwayire Mimir

Umuhanzi Murebwayire Mimir yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins. Iyi izwi mu ndirimbo nka ‘Ancilla’,  ‘Rugori Rwera’ n’izindi.

Uwimbabazi Agnes na Bizimungu Dieudonne


Aba bombi bari umugore n’umugabo baririmbanaga. Uyu mugore Uwimbabazi Agnes yumvikanye cyane mu ndirimbo ‘Munini yaje, bazahora bibukwa.

Gatete Sadi

Umuhanzi Gatete yari azwi muri Orchestre Abamararungu. Azwi mu ndirimbo nka ‘Ijambo ry’uwo ukunda’, ‘Julienne’, ‘Urugo rw’umugabo’ n’izindi.

Rugerinyange Eugene

Uyu muhanzi Rugerinyange yaririmbaga muri Orchestre Ingeli.

Twavuga ko abahanzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ni benshi cyane harimo kandi, nka; Emmanuel Sekimonyo, Iyamuremye Saulve waririmbaga muri Korali Indahemuka, Rwakabayiza Berchmas na Kayigamba Jean de Dieu baririmbaga muri Chorale de Kigali, Kalisa Bernard waririmbaga muri Chorale Ijuru, n’abandi.

‘TWIKUBE TWIYUBAKA’






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND