Umukobwa wasabirizaga ku muhanda yasabye umusore w’umuherwe kumugurira ibiryo ahitamo kumugira umugore-AMAFOTO

Imyidagaduro - 03/04/2021 11:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Umukobwa wasabirizaga ku muhanda yasabye umusore w’umuherwe kumugurira ibiryo ahitamo kumugira umugore-AMAFOTO

Burya koko amahirwe y’umuntu aza rimwe gusa, ubuzima bugahinduka ibyari umubabaro bigahinduka ibyishimo gusa. Umukobwa yari yarihebye, yibera ku muhanga asabiriza abahisi n’abagenzi kubera ubukene, ariko yaje kubona igitangaza gikomeye.

Ubukene ni indwara mbi nk’uko bivugwa na benshi. Abasabiriza ni yo mahitamo baba babonye n'ubwo hari ababikora kubera ingeso. Umukobwa ukomoka muri Nigeria utatangajwe amazina mu bitangazamakuru, Imana yamukuye ku cyavu  aho agiye gukora ubukwe n’umusore w’umukire bahuriye ku muhanda akamusaba ko yamuha amafaranga yo kugura ipura (Isahani iriho ibiryo).


Umusore yarebye umukobwa abona nta kindi kibazo cyo mu mutwe afite, avumbura ko ari ubukene bukabije abamo niko kumushyira mu modoka barataha atangira kumukorera isuku ku mubiri wose, amugurira imyenda myiza, nyuma umusore abaririza umuryango we ajya kumusaba ko yazamubera umugore w’ubuziraherezo.


Bahuriye ku muhanda amusabiriza

Ikinyamakuru Vitalgist kivuga ko uyu mukobwa yasabye uyu musore amafaranga mirongo 50 akoreshwa muri icyo gihugu, uyu musore arayamuha ariko anamushyira mu modoka ajya kumuhindurira ubuzima. Tariki 29 Gicurasi 2021 bazashyingirwa kandi ngo bugomba kuba ubukwe bw’ikitegererezo.


Yabanje kumujyana mu iguriro ry'imyenda aramwambika


Batembera mu modoka nziza cyane

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...