RFL
Kigali

Uwizeyima Marc uzwi nka Rocky Kirabiranya yavuze ku mukobwa wiga umuziki muri Canada ugiye gusinya muri label ye ‘Rocky Entertainment’

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:17/03/2021 12:06
3


Umusobanuzi w'ama Filime bwana Uwizeyimana Marc wamamaye nka Rocky Kirabiranya akaba n’umuyobozi w’inzu irebera inyungu z'abahanzi ‘Rocky Entertainment’ isanzwe ibamo umuhanzi uri gukora indirimbo ziri gushimwa n'abatari bacye Papa Cyangwe, yatangaje ko agiye kwinjiza umuhanzikazi mushya muri iyi nzu usanzwe yiga umuziki muri Canada.



Rocky ni umwe mu basobanuzi bagezweho cyane mu bijyanye no gusobanura filime mu rurimi rw’ikinyarwanda izo bita 'Agasobanuye' mu buryo buryoheye amatwi bunakunzwe cyane. Mu bakunda uburyo asobanuramo filime, ku isonga hari urubyiruko kubera imvugo ziba zitamenyerewe akoresha ndetse ugasanga hamwe na hamwe ziri gukoreshwa mu buzima bwa buri munsi.

Bwana Marc Uwizeyima umuyobozi w’inzu itunganya umuziki iri mu ziri gutangizwa ariko zisa n'izifite umurindi ku buryo ukomeje byazabyara ikintu gikomeye, yavuze ko agiye kwinjiza umuhanzikzi muri label ye ‘Rocky Entertainment’ usanzwe wiga umuziki muri Canada. Mu gihe Rocky yaganiraga na InyaRwanda.com yabajijwe izina ry’uyu mukobwa n’injyana aririmba, gusa yavuze ko bikiri ubwiru azabitangaza mu minsi ya vuba cyane.  

Rocky Entertainment ubusanzwe ibarizwamo umuhanzi umwe ’Papa Cyangwe’ wabanje kwamamara cyane kubera urwenya n’amashyengo avuga iyo ari kuganira n’itangazamakuru. Gusa nyuma yaje gusohora indirimbo zirakundwa cyane, twavugamo nka 'Kuntsutsu' yakoranye na Juno Kizigenza na 'Imbeba' yakoranye na Igor Mabano. Kuri ubu uyu muhanzi ari kwitegura gusohora Album nk'uko byatangajwe na Rocky nyiri Label uyu muhanzi abarizwamo. 


                             Papa Cyangwe

Rocky Kirabiranya aherutse gutangiza uburyo bushya bwo gusobanura filimi buzwi nka 'DUBBING' bukoreshwa n'ingeri zose ku buryo filime izajya irushaho kuryohera buri umwe uyikurikiranye. Yatanze urugero nk'aho uzajya usanga umukecuru avuga muri iyo filime, uzajya usanga n’undi uvuga mu rurimi rw’Ikinyarwanda nawe yahasobanuye.

Rocky yagize ati "Ubu buryo bushya buje gukura abantu mu bukene kubera ko urebye filime 20 maze gusohora zose zakiriwe neza ndetse zatanze n’akazi ku bantu batandukanye ku buryo bari kwifuza ko n'izindi zajya zibageraho vuba". Ku bijyanye no ku bantu bavuga ko filime zihenze, Rocky yavuze ko bagabanyije ibiciro ku buryo bushoboka.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Eric ndagijimana3 years ago
    igitekerezo cyanjye nabagezagaho nifuzaga ko mwajya mudukorera za film za cyera kuko ubu njye mbona nta film zikiriho habagaho ibihinde byiza inyamerika zo mumaahyamba none ntazo tukibona
  • Marc Niyigena3 years ago
    She is a gospel singer
  • alianz aléna innocent9 months ago
    imiziki isobanuye video





Inyarwanda BACKGROUND