RFL
Kigali

Mu rwego rwo kwihimura igihugu cya Australia cyashyizeho itegeko risaba Facebook na Google kuzajya bishyura amakuru

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:26/02/2021 11:41
0


Guverinoma aa Australia yashyizeho itegeko risaba ibigo bikomeye mu makuru ashingiye ku ikorabunahanga kujya byishyura amakuru yacyo. Ibi byakozwe nyuma y'uko Facebook yari yahagaritse amakuru ava muri Australia. Aba Minisitiri bashyizeho iri tegeko mu rwego rwo kwihimura kuri ibi bigo by’ikoranabuhanga “Tech Giant”.



Iki gikorwa cya Australia hari abatagishyigikiye, abakinenze bavuze ko bafatiranye ibi bigo. Australia ni cyo gihugu cya mbere ku isi gishyizeho itegeko risaba Google na Facebook kwishyura ibijyanye n’amakuru yo muri iki gihugu.

Uyu mushinga w’itegeko washyikirijwe abasenateri kuri uyu wa Kane uri kumwe n’inyandiko yemeranyijwe n’amashyaka anyuranye, ibi bikaba byarabaye nyuma yo kubabazwa n'ibyo Facebook yakoze ibahagarika.

Aba Minisitiri bakaba barashyizeho iri tegeko mu rwego rwo kwihimura kuri Facebook- Umwanzuro wo guhagarika amakuru kwa Facebook ukaba uzarangirana n'uyu wa gatanu. Ubu Facebook na Google bakaba batangiye kugirana amasezerano y'ama miliyoni z’amadolari n’ibinyamakuru.

Ariko abanenga uyu mwanzuro bavuga ko uyu mwanzuro kandi ushobora kuza kutorohereza ibihugu by’ibihangange birimo ubwami b’u Bwongereza “UK’, Leta Zunze Ubumwe za Amerika “USA” n’abagize umuryango w'Ubumwe bw’Uburayi “EU”.  Mu gihe ibihugu byose byaba biyobotse iyi nzira yo gufata imyanzuro ikomeye nk’iyi ngiyi.

Iri tegeko rikaba rishyizweho mu bihe bidasanzwe. Ibi bigo bizajya bibanza kumvikana n’ibinyamakuru binyuranye mbere kandi bizatuma zishora atari macye mu gusaba imikoranire n’itangazamakuru. Andrea Coscelli, uhagarariye ibijyanye n’amasoko n’amarushanwa yavuze ko ikibazo ari icy'ibi bigo ati ”Ubu izi n’imbaraga za politike zihuye n’imbaraga z’ubukungu”.

Yagize ati “Facebook yahagaritse amakuru kubera itegeko ryari ryatangiye kwigwaho ryo kwishyuza ibigo bikomeye mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ikoranabuhanga ry’amakuru, ibi byatweretse ko batekereza ko aribo bonyine bashoboye”.

Umwanzuro wa Facebook wagaragaje ukwikunda kudasanzwe kugera no ku guhagarika amakuru ajyanye na Covid 19 n’ibihe turimo. Niyo mpamvu ibi bigo by’ikoranabuhanga bikwiye gufatirwa imyanzuro mu maguru mashya CMA ubu iritegura gushyira hanze umushinga mugari ujyanye no kwamamaza nyuma yo kwibasirwa kwa Google na Facebook.

Mc Cosceil yongeyeho ko gushyira mu kato Australia biri mu bigiye kuzamura irushanwa rikomeye. Ibyo Facebook yakoze byanatumye n’abantu bafite inkuta zabo nabo bahagaragara mu gihe gito. Facebook yahagaritse amakuru idasize n’amakuru y’ibikorwa by’urukundo.

         Umuyobozi wa Facebook bwana Mark Zuckerberg 

Kuri ubu Facebook yemeye kugarura amakuru yose yari yarigitishije ndetse no kumvikana nk'uko Google iri kubikora. Google yabwiwe ibijyanye n’impinduka zo gukorera muri Australia bati birumvikana kuri ubu Facebook na Google byiteguye gukomeza gufatirwa imyanzuro hirya no hino ku isi mu bihugu bikomeye birimo iby’ubumwe bw’uburayi, Canada n’ahandi.

Kuva Google na Facebook zabaho zari zarakomeje kubaho zidegembya byatumye ziba zimwe mu zikomeye ku isi nyamara guhonyora ubwigenge bw'abakoresha ibikorwa byizi kompanyi no kumva ko ari ndakorwaho bitumye zigiye mu bihe bidasanzwe.

Facebook yakunze kujya isiba konti z’abantu mu buryo bitagiye byishimirwa mu bihe binyuranye aho bashinjaga Zuckerberg kwiyumvamo imbaraga z’amafaranga. Kuri ubu Facebook yamaze kwitegura kwishyura arenga miliyaridi y’amadorari mu ruganda rw’itangazamakuru mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Umwanditsi: Abitije Seraphin Elise-Inyarwanda.com

.

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND