RFL
Kigali

Bruce Melodie ntashobora gukorana indirimbo n’umuhanzi udasanzwe afite izindi yakoze

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:25/02/2021 10:05
2


Benshi mu bahanzi bamaze kubaka izina usanga bashyiraho amabwiriza yo kuba wujuje mu gihe ushaka gukorana na bo indirimbo (Collabo). Hari abashyiraho igiciro cyo kubishyura ndetse abandi bagashyiraho ibisabwa birimo amananiza aho umuhanzi aba asabwa kwikokora rimwe na rimwe iyo ndirimbo igasiga akennye.



Bruce Melodie we asaba umuhanzi kuba yaba asanzwe afite ibihangano.

Itahiwacu Bruce Melodie ubu ari mu bahanzi basigaye imbere mu gihugu bihagazeho nyuma y'uko Meddy na The Ben berekeje muri Amerika. Kuba agezweho ntibishidikanwaho kuko mu ndirimbo 10 ziri ku isonga ntihaburamo iye cyangwa se iyo aba yakoranya n’abandi. 

Ubwo yarimo aganira n'imwe muri shene za YouTube zikorera hano mu Rwanda mu minsi ishize, Bruce Melodie abajijwe umuhanzi wifuza gukorana na we yagize ati:’’Umuhanzi ushaka ko dukorana asabwa kuba afite indirimbo kuko sinjye yaba aje gutangiriraho’’. Bruce Melodie ubu ari mu biganza bya Ndayisaba Lee byitezwe ko azamufasha gutumbagiza muzika ye ikagera i mahanga ariko yasoje imikoranire ye na Kabanda Jean de Dieu bari bamaze igihe bakorana.

Reba hano indirimbo aheruka guhuriramo na Kenny Sol 

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kwizera Alexis3 years ago
    Ndumva wee atamananiza ashiramwo menshi
  • Turatimana Gerald3 years ago
    Nawe amaze kumvako yagezeyo asigaye aniyemera cyane nko gukorana track na social mula akanga kuyi sharing ngo anayamamaze sibyiza kuko music mu Rwanda ntawe uhora kuntebe keretse wenda diasporas ariko Bruce rwose atangiye kwiyumva ariko sinamurenganya muri song yahuriyemo na social mula yarari hasi mumiririmbire niyo mpamvu yanze comments zimugerereranya na social Kuko yamurushije kururimba neza





Inyarwanda BACKGROUND