RFL
Kigali

'Guma mu rugo Kigali' yongerewe kugera ku itariki ya 07 Gashyantare 2021-Menya indi myanzuro yafashwe

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:2/02/2021 20:45
3


Kuri uyu wa Kabiri Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, hemezwa ko ingamba zisanzweho za 'Guma mu rugo muri Kigali' zizakomeza guhera ku ya 3 Gashyantare kugeza ku ya 7 Gashyantare mu 2021.




Ni inama yafatiwemo indi myanzuro aho kuva tariki ya 8 Gashyantare 2021 kugeza ku ya 22 Gashyantare 2021 hazakurikizwa ingamba nshya zirimo izi zikurikira: 

-Ingendo zirabujijwe guhera saa moya z'umugoroba kugeza saa kumi za mu gitondo.

- Ingendo hagati y'Umujyi wa Kigali n'Intara ndetse n'Uturere dutandukanye, zirabujijwe.


-Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo keretse abasabwa kujya gutanga serivisi aho basanzwe bakorera. Ibikorwa by’abikorera bizongera gukora ariko hazakoreshwa abakozi b’ingenzi.


-Abikorera bazakoresha 30% kandi abandi bazakorera mu rugo. 

-Amasoko azafungura ariko ku ijanisha rya 50% kandi bakore basimburana kandi bafunge saa kumi n’imwe z'umugoroba. Amashuri yose aya Leta n’ayigenga azakomeza gufunga. 



 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • M. Shäkÿ 3 years ago
    _ Ese ko bafunguye bimwe bakareka amashuri ariyo atuma abana bagira imico myiza, hakaba ntan'ibigo by-urubyiruko bafunguye??? Ikindi kibazo mur'iyi minsi urubyiruko imico ni mibi sinzi uko nayivuga ntago muri ku byitaho Kandi aribo bazabasimbura mu kazi.
  • havugiyaremye janvier3 years ago
    ESE abakozi bidashoboka kobakorera murugo bobazafashwa iki,iminsi abikorera buririye kuri ayomabwiriza yogukoresha 30% bagabanya nimishahara nyamara ugasanga baravunika cyane ikigaragara abakire barakomeza kungukira muriyi covid ariko rubanda rugufi rurahagwa,let's niyite kubakozi bibigo byigenga
  • Yannc mukunzi3 years ago
    Nonese ikicyorezo murabona kizakira koko





Inyarwanda BACKGROUND