RFL
Kigali

Yifashishije indirimbo ‘Kurukuta’ Jean The Hustla yagiriye inama abahanzi muri ibi bihe bya 'Guma mu rugo'-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/01/2021 16:45
0


Umuhanzi ,JeanTheHustla umwe mu bari kwerekana imbaraga mu ruhando rwa muzika nyarwanda, usanzwe ukorera muzika ye mu gihugu cya Canada, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Kurukuta”, imwe mu ndirimbo zasohokanye amashusho meza cyane.



Jean The Hustla ni umwe mu bantu bakunda kugaruka ku ndirimbo zikubiyemo ubutumwa bwo ku buzima abantu baba babayemo. Abenshi bamwibukira ku ndirimbo ye yitwa ‘Amahanga’ aho aba abwira abantu kureka gutekereza ko amahanga ari meza kurenza kuba mu gihugu cy’ivuko.


Mu minsi ishize kandi yari yihurije hamwe n’ahanzi batandukanye harimo Nigeria, Comeroon, n’ahandi bakora indirimbo bise ‘I can’t Breath’, mu rwego rwo kwerekana ko bari mu bahanzi babajwe n’urupfu rw’umwirabura George Floyd wishwe nabi na Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Avuga ku ndirimbo “Kurukuta” ariyo afite nshya iri hanze, aganira na InyaRwanda, yavuze ko ari ndirimbo nziza igaragaraza bimwe mu bibera ku rukuta. Muri ibi bihe isi yugarijwe na Coronavirus, Jean The Hustla agira inama abahanzi gukora cyane ntibacike intege, bagaha abakunzi babo ibihangano byinshi.

Mu byo yiyemeje uyu mwaka 2021, yavuze ko muzika ari cyo kintu cya mbere akunda cyane akabivanga n’akandi kazi kamutunze, ibihangano bishya abanyarwanda bakomeze kubitegereza kandi byinshi nk’uko abishimangira.

KANDA HANO WUMVE “KURUKUTA” YA JEAN THE HUSTLA









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND