RFL
Kigali

Nkunda uyu mukino! Umugore wa Messi yinjiye mu mukino w'iteramakofe - AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/01/2021 11:10
1


Nyuma y'ukwezi kurenga yitoza, umugore wa Lionel Messi, Antonela Roccuzzo, yashyize hanze amashusho agaragaza intambwe amaze gutera mu mukino w'iteramakofe, ndetse anavuga ko urukundo afitiye uyu mukino arirwo rwatumye yifuza kuwukina.



Ruccuzzo w'imyaka 32 y'amavuko, yeretse abakunzi be ko amaze kumenya gutera igipfunsi ndetse n'uburyo wirinda uwo muhanganye.

Uyu mugore ufite abantu barenga Miliyoni 13 bamukurikira ku rubuga rwa Instagram, yatangaje ko nta burambe aragira muri uyu mukino kuko amaze ukwezi kumwe gusa yitoza, ariko awukunda cyane.

Yagize ati “Natangiye mu kwezi gushize kandi ndacyitoza. Ndabikunda”.

Ruccuzzo ukomeje gukorera imyitozo aho batuye i Barcelona, abamwigisha uyu mukino bavuga ko bashaka guhindurira ubuzima abantu bukaba bwiza binyuze mu kubazamurira icyizere no kubongerera ubwenge.

Intego y'uyu mugore ukomeje gukora siporo z'ubwoko butandukanye, ni uguharanira gukomeza kugira ubuzima bwiza, kurwanya ibiro ndetse no kugira umubiri mwiza.

Messi na Ruccuzzo bafitanye abana batatu, aribo Thiago Messi Roccuzzo, Mateo Messi Roccuzzo, Ciro Messi Roccuzzo.

Ruccuzzo amaze ukwezi akina umukino w'iteramakofe

Umugore wa Messi avuga ko akunda umukino w'iteramakofe cyane

Ruccuzzo arashaka gukomeza kugira umubiri mwiza

Ruccuzzo na Messi bafitanye abana batatu

Ruccuzzo afie abantu barenga Miliyoni 13 bamukurikira kuri Instagram






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MUGISHA BELLENAL4 months ago
    KUMENYA AMAKURUKUGIHE





Inyarwanda BACKGROUND