Muri iyi minsi usanga abakobwa bafite uburanga bo muri Afurika bifuza gushakana n’abagabo b’abazungu baba bafite agatubutse ku buryo usanga bigoye kumenya uburyo umukobwa yakoresha mu gukurura umuzungu bakibanira akaramata. Iyi nkuru iragaruka ku mayeri ashobora gukoreshwa.
1. Kubwira umuzungu mukundana ko umutwitiye umwana
Umukobwa wirabura mu gihe afite umusore w’umuzungu bakundana ashobora kumutega inda, akamubwira ko amutwitiye umwana kabone n'ubwo yaba amubeshya. Bishobora kumuha amahirwe yo gushakwa na wa muzungu kandi nta gahunda yari ihari. Umukobwa icyo asabwa ni ukwihererana umuzungu basanzwe bakundana akumubwira ati 'Mukunzi ndatwite'.
Aya magambo umukobwa azayabwira
umukunzi we nyuma y’igihe kinini bakundana ndetse bananyuzamo bakaryamana.
Umuzungu iyo yumvise ko umukunzi we amutwitiye nta kindi akora usibye guhita
yemera ko babana nk’umugore n’umugabo cyangwa se akamuha amafaranga yo gukuramo
inda. Aha rero umukobwa asabwa kureba kure agahakana yivuye inyuma ko
adashobora kwihekura.
Kubwira umuzungu mukundana ko wakuyemo inda
Gukuramo inda mu gihe cy’amezi atatu abanza warasamye inda y’uwo mukunda bishobora kumubabaza ariko na none akagira icyemezo afata gishobora kuganisha ku byifuzo byawe. Akenshi iyo ubwiye uwo mukundana ko wagize ibyago ugakuramo inda nta kindi akora kitari ukuguhumuriza ndetse akaba yakwemera ibyo umusaba byose kuko aba azi ko wababaye kandi agomba kuguhora hafi.
Uzangire umugore
Akenshi iyo umukobwa asabye uwo bakundana ko yamubera umufasha biragora kubihakana n'ubwo kubivuga bisaba imyaka myinshi ariko iyo umukobwa atoboye akabibwira umuzungu nta kabuza arabyemera akamushaka kuko aba abona ko amukunda by’ukuri.
Kugira ngo umuzungu yemere ko muzabana bisaba imyaka myinshi no kwihangana cyane. Hari n’igihe umuzungu abanza akagusaba ko mwabyarana umwana umwe cyangwa se babiri kugira ngo yemere ko mwabana.
Twafatanya mu bucuruzi
Umukobwa w’umunyafurika irindi banga yakoresha mu kureshya umuzungu ni ukumusaba ko bafatanya gukora ubucuruzi runaka. Abazungu benshi iyo bahuye n’abakobwa bafite imbata za bizinesi bifuza gukorana na bo bikazarangira babagize abagore kuko baba barahuje.
Ivomo: The standardmedia.co.ke
TANGA IGITECYEREZO