"Ntarirarenga yayegukana, na Bibiliya irabivuga" Bob Pro avuga kuri Yvan Buravan wiyemeje gutwara Grammy Awards-VIDEO

Imyidagaduro - 04/01/2021 12:13 PM
Share:

Umwanditsi:

"Ntarirarenga yayegukana, na Bibiliya irabivuga" Bob Pro avuga kuri Yvan Buravan wiyemeje gutwara Grammy Awards-VIDEO

Iyo urebye kuri shene ya YouTube ya Buravan usanga haherukaho indirimbo ku ya 5/7/2020 ye ari wenyine. Yatwaye Prix Decouverte mu 2018 nyuma amurika album, yiyemeza guhanga amaso igihembo kiruta ibindi. Ndayambaje Emmanuel [Bob Pro] wabaye urutindo ku muziki wa Buravan, avuga ko hakiri kare ntarirarenga aho byose bishoboka.

Bob Pro na Yvan Buravan ni nk’umwarimu n’umunyeshuri kuko Bob ni we wagiriye inama Buravan yo kujya mu muziki, kuva icyo gihe yatangiye amukorera indirimbo, amubona aza mu bahanzi bakizamuka, amubona amaze kumenyekana ndetse anamubona atwara Rfi Prix Decouverte aca ako gahigo byari ubwa mbere bibabye ku muhanzi w’umunyarwanda.


Bob pro avuga ko bishoboka cyane ko Yvan Buravan yazegukana Grammy Award

Nyuma Yvan Buravan yaje kumurika album nayo yatunganyirijwe na Bob Pro afatanyije n’abandi ariko ikiruta byose ni uko Buravan yahise yiha intumbero zo kuzegukana Grammy Award nka kimwe mu bihembo buri muhanzi w’umuhanga wese ku Isi ahigira kuzatwara yashaka agahita asoza urugendo rwe rwa muzika.

Amezi abaye atandatu Yvan Buravan adasohora indirimbo nshya, twegereye Bob Pro basanzwe bakorana kuva yatangira kuririmba kugeza ubu tumubaza niba iyo arebye inzozi Buravan arota zishoboka undi ati:’ ’Why not erega Imana niyo izi ejo’’.

Mu kurema icyizere Buravan, Bob Pro yakomeje avuga ko bishoboka ko haba hari umuhanzi uyu munsi utekereza ko atazabasha gukora indirimbo bitewe n'uko nta bushobozi nyamara igihe kiragera wa muhanzi akajya muri studio agakora yahirwa akamamara. Ati: "Na Bibiliya irabivuga nakoreshe ubwenge n’amahirwe afite uyu munsi byose birashoboka". Kuri Alyn Sano, Bob Pro avuga ko iyo arebye abona umuziki ufite ahazaza heza niba afite intego zihamye.

Mu 2015 yarotaga kuzabona abaproducer benshi kandi bakora byiza


Bob Pro agitangira gutunganya indirimbo yari afite inzozi ko hari igihe mu Rwanda hazaboneka abatunganya indirimbo bakiri bato kandi bafite impano none mu 2020 inzozi ze yagiye azikozaho imitwe y’intoki kuko yabonye abasore bakiri bato bazi gukora indirimbo zigakundwa kandi abenshi ari abanyeshuri be. Ati:’’Nituba abaproducer benshi bakora neza abahanzi b’abahanga baziyongera kandi mu myaka mike cyane tuzaba duhagaze neza’’.

Ishoramari riracyari rikeye mu muziki nyarwanda

Bob Pro avuga ko abahanzi nyarwanda bakwiriye gushorwamo imari ku buryo burenze ubuhari ubu. Ati: "Muri Tanzania tubona ikipe nka Simba ifata Diamond Platnumz bagakorana kandi baracuruza na twe mu Rwanda birakwiriye ko abashoramari begera abahanzi bagakorana kandi bose bakunguka’’.

Bob Pro iyo arebye imbaraga Leta ishyira mu gushora imari mu Rwanda babikesha Perezida Kagame abona ibyiza biri imbere ku buryo umuziki nyarwanda na wo uzagera aho ugatera imbere.

Studio ye arashaka kuyigira irerero ry’abatunganya indirimbo

Bob Pro ubu mu Rwanda afatwa nka nimero ya mbere mu kuyungurura indirimbo (Mastering and mixing) bitewe n’ubuhanga yakuye mu Bubiligi. Hari benshi batunganya indirimbo barimo Made Beats, Element n’abandi benshi yagiye yigisha. Icyakora avuga ko ashaka ko The sound ikaba studio ye izahinduka ahantu ho gutoreza abakiri bato bakamenya gutunganya indirimbo. 

N'ubundi iyo umusuye usangayo abari kwiga gutunga indirimbo ariko afite gahunda yo kuzana abacura injyana (Beat Makers) n’abayungurura indirimbo ku buryo izaba ari studio yihagije muri byose kandi yarabitangiye kuko avuga ko bimwe mu bikoresho byamaze kuza.

Ikiganiro kiryoshye na Bob Pro 

"> 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...