Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye nka Ndimbati ni umugabo umaze kwigwiza abafana abikesha amashusho akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga nka 'Uzagira umunwa kugeza ryari?' n’ayandi aba ari gukinana na Seburikoko. Ndimbati avuga ko muri guma mu rugo umugabo utaranyweye igikoma yagihoreje umwana.
Ndimbati no mu rugo iwe usanga aba atera urwenya n’abo mu muryango we. Ati:’’Umuntu ufite umutima mwiza aba akwiriye guhora asabana n’abandi’’. Akina muri filime zitandukanye zirimo Seburikoko, Papa Sava City Maid n’izindi. Yahawe izina rya Ndimbati bivuye ku kuba bararebye umuntu wakina yitwa gutyo aba ari we ufata iryo zina ryaje kwamamara mu gukina atebya.
Ndimbati asobanura ko mu muryango w’abantu 10 nibura barindwi muri bo baba bamukunda kandi n’abandi batamukunda baba bamuvugaho cyane, akaba abyishimira. Ati:’’Iyo umuntu akora ibikorwa bikagera ku bo aba abigenera binyongerera imbaraga kuko biba ari ibintu byiza iyo ukoze akantu abantu bakakagira ikiganiro’’.
Ndimbati
ntazategeka abana be gukina filime
Ndimbati afite
abakobwa b’inkumi usanga bahora bakina batebya cyane bigaragara ko ibyo akina
ari ubuzima bwe abayemo no mu rugo. Abana bamwisangaho na we akabibonamo
byagera ku mugore bikaba akarusho dore ko utabazi neza wagira ngo ni
abavandimwe. Avuga ko abana be nibashaka gukina azabafasha ariko nibatabishaka
bazakora ibyo bazaba bahisemo.
Umwaka wa 2020
waramutunguye
Ndimbati uko yari
yiteze umwaka wa 2020 siko yawubonye. Ati:’’Hari umuntu wari uziko yahagarara i Nyamirambo
agakandagira ku kwezi’’. We asanga Covid-19 yaraje ari simusiga kuko buri wese
yambaye udupfukamunwa, abagabo banywa igikoma. Ati:’’Umugabo utaranyweye
igikoma azajye ahagaragara keretse utari ufite ubushobozi bwo kukigura’’.
Mustafa cyangwa
se Ndimbati asanga icyorezo cya Covid-19 ntaho kirajya ku buryo bigoye kwizera umwaka w’amata n’ubuki
wa 2021. Ati:’’Ikimenyimenyi inama idasanzwe y’abaminisitiri izongera guterana
kuri 04/1/2021 urumva ko n'ubundi abantu dusabwa gukomeza kwirinda’’.
Ndimbati kuba
umwaka wa 2021 ushobora kutamera neza ntibimubuza gukora ibyo asabwa no kurushaho
gutekereza cyane. Ati:’’Intego ni ugukora kandi tugahindura byinshi’’. Akomeza avuga
ko abantu bakwiriye gukora cyane umuntu akareba icyo umwaka wa 2020
wamwigishije iryo somo akaryifashisha mu kubaho mu mwaka wa 2021.
Ndimbati hari
abahanzi abona ko bakoze cyane barimo Mico The Best, Bruce Melodie n’abandi
benshi. Ashimira abahanzi babonye umwanya wo gukora indirimbo zigakundwa. Ati:’’Bahanzi
mwakoze ndabashimira abatarakoze sinzi impamvu ariko ndashimira nka Bruce
Melodie, Nick Dimpoz, Riderman, AmaG The Black, Oda Pacy na Jay Polly, ndabashimira’’.
REBA HANI IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NDIMBATI
VIDEO: Aime Filmz - InyaRwanda Tv
TANGA IGITECYEREZO