Kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukuboza 2020, u Rwanda ruritabira isiganwa ngarukamwaka rizwi nka Silvesterlauf Trier Run rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 30 uhereye mu 1990 ubwo ryatangiraga.
Buri
uko umwaka utashye abakinnyi bavuye imihanda yose y’Isi bahurira mu Budage i
Trier ahabera iri rushanwa. Gusa kuri iyi nshuro kubera ingaruka zasizwe
n’icyorezo cya coronavirus ndetse no kukirinda ntabwo iri rushanwa rizabera muri
iki gihugu.
Abashinzwe
gutegura iyi mikino bahisemo ko iri rushanwa rikorwa hifashishijwe
ikoranabuhanga, aho buri gihugu mu bisanzwe byitabira bizategura aho gukinira
ndetse n’abakinnyi bazitabira, ubundi abakinnyi bagasiganwa hakoherezwa mu Budage
ibihe byakoreshejwe, abashinzwe gutegura iri rushanwa bakabigereranya
n’iby’abandi hakabonwa gutangazwa abatsinze no gutanga ibihembo.
Umuyobozi
w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri (RAF), Bwana Mubiligi Fidel atangaza ko
iri rushanwa rihari kandi biteguye. Yagize Ati ”Ni byo koko iri rushanwa
rirahari kandi natwe turaryiteguye. Mu rwego rwo kwirinda coronavirus
abategura iyi mikino bahisemo ko yakinwa hifashishijwe ikoranabuhanga".
“Twateguye
aho gukinira kandi buri kimwe kimeze neza. Irushanwa rizatangira saa Moya
(07:00) za mu gitondo, abakinnyi bazibarira ni batandatu batatu mu Bagabo ndetse
na Batatu mu Bagore. Guhaguruka bizabera imbere muri Sitade Amahoro,
abakinnyi bazenguruke inyuma ya Sidate, baze kongera muri Sitade imbere”
Mubiligi Fidel umuyobozi mukuru w'ishyirahamwe ry'imikino ngororamubiri mu Rwanda
Abakinnyi bazahagararira u Rwanda kuri iyi nshuro ni:
Abagabo
(8KM):
Nimubona
Yves
Hakizimana
John
Dushimirimana Gilbert
Abagore
(5km):
Yankurije Marthe
Ishimwe alice
Mukasakindi
Claudette
Silvesterlauf
Trier run, ni irushanwa ngarukangamwaka rikinirwa mu Budage rikaba ryaratagiye
gukinwa ku mugaragaro mu 1990. Umuterankunga waryo mukuru akaba ari Bitburger,
rikaba rinamwitirirwa. Iyi Bitburger, rukaba ari uruganda rukora ibinyobwa
bitandukanye.
Iri
rushanwa mu muco waryo rikaba rikinwa bucya hatangira umwaka mushya ari nayo
mpamvu riri ku munsi w’ejo tariki 31 Ukuboza 2020. Rikaba ribera i Trier ho mu
Budage nk’uko twabigarutseho. Ni irushanwa kandi rihuza abakinnyi batandukanye
baturutse ku Isi hose ndetse n’abo muri iki gihugu kiritegura barimo.
Abakinnyi baturutse imihanda yose baba bitabiriye
Rigabanyijemo
ingeri zitandukanye zirimo: Abategarugoli, Abakina byo kwinezeza (Run for fan) Gusiganwa mu Bagabo, Gusiganwa
mu Ngimbi n’Abangavu, ndetse n’Abakiri bato.
Abasiganwa
ubusanzwe basiganwa bakoresheje umuhanda bizwi nka (Road Race), bagasiganwa
intera ihwanye na Kilometero umunani (8km) kuzamura mu Bagabo, Kilometero
eshanu (5km) kuzamura mu Bagore, kuzenguruka bizwi nka (Circuit) intera ihwanye
n’ikilometero kimwe (1km) ibi bigakorwa gusa n’Abagabo bakina byo kwinezeza
bakaba basiganwa intera itagomba kurenza (1.45km).
Kuva
mu 2009 nta rindi siganwa rirongera kwitabirwa n’umubare mwinshi kurusha
iry’uwo mwaka. Mu muco w’iri siganwa kandi, iyo gusiganwa bisojwe abitabiriye
bakora urigendo rungana n’intera y’ikilometero kimwe (1km). Ku ruhande rw’u
Rwanda, ruraba rwitabiriye ku nshuro ya 5.
Izo
nshuro ni: 2016 aho hitabiriye Nyirarukundo Salome na Sugira James, mu gihe mu 2017 hitabira Yankurije Marthe na Sugira James, mu 2018 hitabira Yankurije Marthe na Nishimwe
Beatha, mu 2019 hitabira Yankurije Marthe,
Bakunzi Aimé Frodité na Christophe Tuyishimire.
TANGA IGITECYEREZO