Ubuyobozi bw'Ingabo z'u Rwanda (RDF), bwatangaje ko Lt Col Ronald Rwivanga yagizwe umuvugizi munshya w'igisirikare cy'u Rwanda asimbuye Lt Col Innoncent Munyengango wari umaze imyaka 3 kuri uyu mwanya.
Lt Col Rwivanga yari asanzwe ari Umuhuzabikorwa w’Amasomo mu Ishuri rikuru rya Gisirikare (RDF Command and Staff College) riherereye mu Karere ka Musanze, yabaye kandi Umwanditsi Mukuru w'Ikinyamakuru cy'ishuri rikuru rya Gisirikare, Warrior Magazine.
Lt Col Rwivanga yabaye umwe mu bagize ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard) ashinzwe imyitozo n’ibikorwa. Yabaye kandi umwarimu wa gisirikare wo kungurana ibitekerezo n’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba aho yakoraga nk'abayobozi mu ishuri rikuru ry’ingabo z’ingabo z’igihugu cya Tanzaniya hamwe n’ishuri rikuru ry’abakozi rifite icyicaro i Arusha, muri Tanzaniya.
Src: Newtimes
TANGA IGITECYEREZO