RFL
Kigali

Ntiyasoma ku gacupa! Javanix ahamya ko Bulldogg yakiriye agakiza n'ubwo bakoranye indirimbo 'Sepera' bamwe bakagwa mu kantu-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/12/2020 6:00
0


Ni nyuma y’igihe hatangajwe ko Bulldogg yakiriye agakiza akiyegereza Imana, abenshi bagumye kujya babikemanga kubera indirimbo agaragaramo n’imigaragarire yazo, harimo nka; 'Waki waki' n’izindi zatumye bavuga menshi kuri Bulldogg watangaje ko yakiriye agakiza.



Mu minsi mike ishize ni bwo hasohotse indirimbo y’umuhanzi Javanix ukorera muzika ye mu karere ka Rusizi no mu mujyi wa Kigali. Ni ndirimbo bise “Sepera”. Amashusho y'iyi ndirimbo yavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.


InyaRwanda iganira na Javanix, yabajijwe icyatumye akorana indirimbo isanzwe na Bulldogg wakiriye agakiza, adusubiza agira ati: "Indirimbo ni iyanjye, ni byo Bulldogg yarakijijwe, mbese ni umuntu wihaye Imana bikomeye cyane. Kuba twarakonye amashusho ya “Sepera” ntabwo bisobanuye ko atakijijwe, yarakijijwe cyane kuko arasenga akanasoma ku mazi asanzwe, ndamuzi ubu ntiyasoma ku gacupa (inzoga), oya, ni umurokore wuzuye”.


Javanix

Jananix akomeza avuga ko yabonye Bulldogg nk’umuhanzi w’umunyempano muri Hip Hop kuva kera, ni ko kumwegera bakorana indirimbo yise “Sepera”. Jananix ukora injyana zitandukanye zirimo Rap, R&B, Dancehal n’izindi, amaze gushyira hanze indirimbo zitandukanye zirimo; “Umuti” yakoranye na Mukadaf, “Utarusenya”, "Dosiye yanjye”, “VeniVeni” na “Sepera” ari nayo ndirimbo ye nshya yakoranye na Bulldogg.

Mu gutera imbere, Javanix, avuga ko umuhanzi wese agira igihe cye ariko iyo yakoze cyane, n'ubwo ataragerwaho ariko yizera ko mu minsi iri imbere azakora ibitangaza muri muzika Imana nibimufashamo n’abakunzi ba muzika bakamushyigikira.

KANDA HANO WUMVE "SEPERA" YA JANAVIX FT BULLDOG







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND