Nta kintu kibabaza nko gufata umukunzi wawe aguca inyuama, kuko ni kimwe mu bizamura kamere mbi ya muntu, nk’uko umugabo wo muri Nigeria, Etifa Obukulubu yafashe umukunzi we aryamanye na Pasiteri bose ahita abatwika kubera uburakari bukabije.
Aya
mahano yabereye mu gace ka Igbogene muri Leta ya Bayelsa muri Nigeria. Uyu musore yatangarije abanyamakuru ko yabafashe bombi bari buriri/ku gitanda bakora
imibonano mpuzabitsina. Obukulubu, wari mu bantu 45 bakekwaho ibyaha
bitandukanye byerekanwe n’ubuyobozi bwa polisi muri Bayelsa, yavuze ko yabikoze
afite uburakari nyuma yo kwitegereza mu idirishya ry’inzu akabona pasiteri hejuru y’umukunzi
we.
Ikinyamakuru The Guardian cyari cyatangaje bwa
mbere uburyo pasiteri, ukorana n'Itorero Rishya ry'Ababatisita n'umugore batwitwe
ubwo Obukulubu yatwikaga inzu ya pasiteri kubera ubuhemu bwo gusambanya umukunzi we.
Etifa
Obukulubu yagize ati: “Natewe n'uburakari ni bwo
natwitse. Tumaze imyaka ine dukundana kandi muri uyu mwaka, hagati ya 30 na 31
Ukwakira, nasanze umukunzi wanjye yarahoraga ajya kwa pasiteri.
Akomeza agita Ati:
“Igihe namenyaga ikibazo kiri hagati ya pasiteri n'umukunzi wanjye, nararakaye
kandi icyo natekerezaga icyo gihe kwari ukubatwika. Uburakari ni bwo bwatumye
mbatwika. Nabafashe basinziriye mu gitanda nyuma yo kurebera mu idirishya”. Polisi
yo muri ako gace yataye muri yombi Etifa Obukulubu, wakoze ayo mahano.
Src:theguardian
TANGA IGITECYEREZO