Umuhanzi uri mu bakunzwe cyane mu gihugu cya Uganda no hanze yaho muri Afurika y’Iburasirazuba, Sheebah Karungi, yatangaje zimwe mu mpamvu zituma nta musore upfa kumwisukira ngo aramutereta kuko yifitemo ubushobozi bwose.
Uyu muhanzi ukunda kuvugwa kenshi ko yiyambika ubusa
ku rubyiniro,
Sheebah Samali Karungi avuga ko abagabo batinya kumureshya kuko
bazi neza ko nta gishuko, yewe nta kindi bamubwira adasanzwe afite mu buzima bwe
nk’ibyo abasore bakuruza abakobwa babizeza ibitangaza.
Sheebah
yabitangaje ubwo yasubizaga ikibazo cyabajijwe n’umunyarwenya wa Store UG, C.E.O, Alex Muhangi, aho yamubazaga niba
nta basore bafite amafaranga baba bashaka kumusaba ikiganza ngo bamwambike
impeta.
Mu
magambo ya Sheebah yagize ati: “Ntekereza ko abasore banyubaha cyane. Impamvu
badashobora kunsanga ngo mbe nabyemera, mfite amafaranga. Bazi ko mfite
amafaranga ku buryo badashobora kunshimisha muri yo ibirenzeho".
Yakomeje
avuga uburyo muri iki gihe yibanda cyane mu guteza imbere ubucuruzi bwe bushya ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi muri rusanjye. Yagaragaje kandi uburyo
ashimishijwe n’uko ubucuruzi bwe bwa Holic Pads butera imbere ku buryo bwihuse, anashimangira
ko abantu bagenda bamenya ibicuruzwa bye biri mu maduka arenga 300 no mu maduka
manini akikije umujyi wa Kampala.
Sheebah Karungi avuga ko abasore bamwubaha cyane ari naho mpamvu batinya kumutereta
TANGA IGITECYEREZO