RFL
Kigali

Dore abahanzi baba ari ibikomerezwa iyo batishora mu biyobyabwenge bakisanga Iwawa no muri za gereza

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:11/12/2020 9:30
4


Gukora muzika bisaba ko hari byinshi umuhanzi yigomwa, iyo bitagenze gutyo muzika iba ifite imbaraga nke. Nyuma yo kwigomwa, umuhanzi yakagendeye kure ibiyobyabwenge kuko biri mu bituma abanyempano zitangaje baburirwa irengero kandi bari barigaruriye imitima ya benshi mu njyana bakora.



Iterambere ry’umuhanzi cyane cyane muri Afurika bigendana n’imitwarire ye agaragaza muri rubanda, bitandukanye n'aho umuziki wateye imbere nko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho umuhanzi ashobora kuba akoresha ibiyobyabwenge ku rwego rutangaje ntibimubuze kuba icyamamare no gukundwa ku rwego mpuzamahanga.

Mu Rwanda, hari abahanzi twavuga ko basubiye inyuma kubera imyitwarire mibi n'ubwo bamwe bagihanyanyaza muri muzika, mu kureba niba bakongera kwigarurira imitima ya benshi. Hari abahanzi benshi bagiye bavugwa ho gukoresha ibiyobyabwenge, kwiba, bagafungwa abanda bakajyanwa Iwawa mu Kigo Ngororamuco.

Aba bahanzi 6, impano zabo n’amajwi yabo mu miririmbire yahogozaga benshi, ariko muri iyi minsi siko bimeze kubera ko umufana iyo yumvise ko umuhanzi akunda afungwa kenshi, akagira imyitwarire isebetse akuvaho. Bamwe muri abo bahanzi ni aba bakurikira;

1.Gisa cy'Inganzo

Gisa cy'Inganzo mu ndirimbo yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi - YouTube

Umuhanzi Gisa Cy'Inganzo, ari mu bahanzi bari bagezweho muri za 2012, abahanzi benshi baramwifashishaga kugira ngo indirimbo zabo zikundwe kubera ijwi rye, kugeza magingo aya bamwe mu bakunzi ba muzika baba bakifuza kumva ijwi rya Gisa Cy'Inganzo, gusa imyitwariye ye mibi yatumye atagera ku rwego rushimishije muri muzika.

Gisa yafunzwe inshuro nyinshi azira kunywa ibiyobyabwenge. Muri 2014 yajyanwe Iwawa avayo ahamaze umwaka, abakunzi be bagira ngo yihannye kunywa ibiyobyabwege ariko biranga. Muri 2018 yongeye gufungirwa i Mageragere. 

Uyu mwaka wa 2020, Gisa ari gukorana imbaraga areba ko abari abakunzi be muri muzika bakongera kumwigarurira ariko birasaba imbaraga nyinshi no kwerekana isura nziza. Hari indirimbo nibura 2 za Gisa Cyingazo zabase imitima ya benshi kugeza n'ubu, harimo iyitwa “Inkombe”, n’iyitwa “Uruyenzi”.

2. Neg G The General

ISIMBI.RW - VIDEO: Neg G uri Iwawa yakomoje kuri P-Fla wamuhaye mugo bwa  mbere

Neg G yari umuraperi kabuhariwe mu myaka ya za 2013 na mbere yaho. Yakundwaga cyane mu ndirimbo ze zahuzaga abahanzi batandukanye (AllStars), akaba yaragombaga kumvikano hamwe na Riderman. Yabaye mu itsinda rya TFP, aho yakoze indirimbo zamamaye zirimbo iyitwa “Karara,” na “Parler”.

Mu mwaka wa 2017 yafunzwe azira gukoresha ibinini bifatwa nk’ibiyobyabwenge, naho kandi mu mwaka wa 2019 yawutangiriye mu kigo Ngororamuco Iwawa, amarayo umwaka agororwa. Uyu mwaka wa 2020, Neg G, ari gukorana imbaraga ngo yigarurire abakunzi be, ubu afite indirimbo iri gukundwa yise “Nta muntu wari uzi ibi bintu”. Akomerejeho akitandukanya burundu n'ibiyobyabwenge nta kabuza yakwakiranwa yombi.

3. Fireman

Umuhanzi Jay C yishingiye Fireman mu rukiko arekurwa by'agateganyo in 2020  | Fireman, Jay, Itako

Umuraperi Fireman, ari mu bari bahagaze neza mu Rwanda mu myaka yatambutse, gusa imyitwarire ye yasubije inyuma muzika ye. Umwaka wa 2019 wose yawumaze Iwawa azira kuba imbata y’ibiyobyabwenge. Ari Iwawa ntabwo naho yitwaye neza kuko, ku itariki 31 Ukuboza 2019 yagejejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare, aho yakekwagaho icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukubita no gukomeretsa ku buryo bubabaje umwe mu bagororerwaga Iwawa.

Fireman avuye Iwawa yakomereje ubuzima muri Gereza ya Mageragere. Muri iyi minsi Fireman ni umuntu bigaragarako yashyize ubwenge ku gihe.

4. P Fla

P Fla yashyize hanze indirimbo 'Umusaza P fla' - Inyarwanda.com

Umuraperi P Fla wari ntagereranwa mu njyana ya Hip Hop, magingo aya aracyumvikana mu itangazamakuru anakora muzika, gusa mu myaka ye yo ha mbere muri za 2013, yari intavogerwa muri Hip Hop. Uyu muhanzi ntabwo yanjyanwe mu kigo ngororamuco cya Iwawa, gusa yafunzwe kenshi azira gukoresha ibiyobyabwenge. Tariki 13 Ukuboza 2016, P Fla yafungiwe muri Gereza ya Mageragere amaramo umwaka wose kubera ibiyobyabwenge.

Ni umuhanzi wakundwaga n'abatari bake ariko yamaze umwaka wose muri gereza atangira kwibagirana, anavuyemo muzika ye ntabwo yongeye gutumbagira nk'uko byahoze mu myaka yo ha mbere muri za 2013.

5. Pacson


Umuraperi Pacson ari mu bahanzi bakoraga injyana ya Hip Hop y’umwihariko igenda nk’iy'abahanzi bo muri Amerika. Ngoga Lwanga Edison (Pacson), yavuzweho gukoresha ibiyobyabwenge byo hejuru nka Cocaine. Tariki ya 17 Ukuboza 2019 Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryataye muri yombi uyu muhanzi, Pacson. Nyuma gato muri Werurwe 2016, uyu muhanzi yaranzwe n’imyitwarire mibi, aho yaje gufungirwa i Gikondo azira gukubira no gukomeretsa.

6.Green P


Umuhanzi wakabaye ari ku rwego rumwe n’umuvandimwe we, The Ben, ariko si ko biri umuziki we waracumbagiye, Rukundo Eliem (Green P), yari mu baraperi bagezwemo mu Rwanda, imyitwarire ye ntabwo yari ihwitse kubera gukemangwa nk’ukoresha ibiyobyabwenge bigacumbagiza muzika ye.

Mu mpera z’umwaka wa 2019 yatawe muri yombi azira gukoresha ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikora nkabyo ibyatumye atangirira umwaka wa 2020 muri Gereza. Yaje kurekurwa akomeza muzika ariko ntaho igera nk’uko byari bimeze mu myaka ya 2013-2015. Twavuga ko hari abahanzi batandukaye bafunzwe kubera ibiyobyabwenge muzika yabo igasubira inyuma bamwe ubu bakaba basa n’abasezeye muzika.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hhhh3 years ago
    Hhhhuh
  • Iradukunda Emmanuel3 years ago
    Ahaa
  • Niyonkuru3 years ago
    Cyakoze iyi nkuru ni ukuri pe, Neg G aba ari ikirangirire yaranambabaje,nonese umuhanzi Danny na none abahe? naramukundaga nawe nkuko nkunda gusoma inkuru zanyu zubwenge
  • tuyambaze trezeguet3 years ago
    gusa niba ushaka gutera imbere wakwirinda ibiyobyabwenge





Inyarwanda BACKGROUND